Sudani y’Epfo yakiriye imitwe y’ingabo za Sudani (SAF) nyuma y’ifatwa rya Meram, umujyi uri mu burengerazuba bwa Kordofan, muri Sudani, bitera abaturage benshi guhunga.
Kuri uyu wa Gatandatu ushize, Maj. Gen. Angon Ungom, Umuyobozi w’Ingabo z’igihugu cya Sudani y’Epfo (SSPDF), yatangarije Sudan Tribune ko umutekano rusange muri kariya wifashe neza, usibye ko hari imitwe ya SAF yavuye muri Meram.
“Umutekano muri rusange ni mwiza. Agace kose ko mu majyaruguru ya Bahr el Ghazal gafite amahoro n’umutuzo, ”nk’uko Jenerali Ungom yabisobanuye. Ati: “Abantu barajya muri business zabo zisanzwe. Ku ruhande rwa Sudani niho twakiriye imitwe ya SAF yavuye muri Meram. Bari i Warguet, kandi twabategetse kuguma aho kugeza igihe tuzakira amabwiriza aturutse ku cyicaro gikuru. Ubu baragenzurwa kandi bafashwe nk’impunzi. ”
Meram, agace ko muri leta ya West Kordofan, gaherereye nko mu birometero 60 uvuye ku mupaka na Sudani y’Epfo. Amakuru y’ifatwa ryaho, hamwe n’ibirindiro byaho bya gisirikare, aje mu mezi arenga 14 y’intambara hagati y’Ingabo za Sudani n’Ingabo z’umutwe wa Rapid Support Forces (RSF).
Ibi bikurikira kandi ifatwa rya Al-Fula, umurwa mukuru wa Leta ya West Kordofan, mu byumweru bibiri bishize.
Meram yari irimo icyicaro gikuru cya Brigade ya 92, kandi gufatwa na RSF byatumye abantu benshi bahungira muri Sudani y’Epfo.
Komiseri w’intara ya Aweil, Ding Aher Ngong, yemeje ko imitwe ya SAF yavuye muri Meram ijya Warguet na Majak Wuoi, avuga ko umuyobozi wa Brigade ya 92, ufite ipeti rya Brigadier General, yabaherekeje.


