Impamvu USA ihatira UAE kwitandukanya na Huawei niba ishaka indege za F-35

Sangiza iyi nkuru

Ikinyamakuru Bloomberg kiravuga ko Guverinoma ya Joe Biden irimo guhatira Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) gusimbuza ikoranabuhanga rya Huawei Technologies Co ku muyoboro w’itumanaho ryazo, bitaba ibyo bikazagira ingaruka ku masezerano ya miliyari 23 z’amadolari yo kugura indege z’indwanyi zo mu bwoko bwa F-35 Lockheed Martin Corp na za drones UAE ishaka.

Amerika yasabye UAE kuvana ibikoresho bya Huawei ku miyoboro yayo bitarenze imyaka ine iri imbere mbere yuko indege z’intambara za F-35 ishaka zoherezwa mu 2026 cyangwa 2027. Icyakora, abayobozi ba UAE bavuze ko bakeneye igihe cy’inyongera cyo gushaka ubundi buryo buhendutse.

Irindi koranabuhanga rishoboka bateganya gukoresha n’irya Samsung Electronics Co Ltd (OTC: SSNLF), Telefonaktiebolaget L M Ericsson (NASDAQ: ERIC) cyangwa Nokia Oyj (NYSE: NOK).

Mbere yaho, Guverinoma ya Trump nayo yashishikarizaga UAE gusimbuza Huawei no kugabanya umubano ukomeye wa gisirikare n’ubukungu ifitanye n’u Bushinwa.

Nubwo kugurisha F-35 byatangiye, kugeza ubu, impungenge ziracyahari ku masezerano y’Amerika na UAE kubera Huawei n’ikoranabuhanga ry’Abashinwa.

Amerika irimo gukorana n’abafatanyabikorwa n’ainshuti mu gushyigikira uburyo butandukanye bwo gutanga ibikoresho by’itumanaho byizewe ndetse na serivisi mu gihe ibona ko umutekano wa 5G ukwiye gukomeza kuza mu by’ibanze bikwiye kwitabwaho.

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zikaba ziherutse na none guhagarika amasezerano yo kugurisha Turkia indege nk’izi z’intambara za F-35 nyuma y’uko Perezida Recep Tayyip Erdogan yemeye kugura uburyo bwo kwirinda misile bw’Abarusiya Amerika itabishaka.

U Bushinwa bwazaga imbere mu bafatanyabikorwa b’ubucuruzi ba UAE mu 2020 hamwe na miliyari 53.67 z’amadolari y’ubucuruzi bwose, bikubye kabiri umubare w’ubucuruzi yari ifitanye na Amerika.

Huawei n’isosiyete ifatanya na UAE mu gutangiza imiyoboro ya 5G mu masezerano yatangajwe muri 2019.

Amerika ifite impungenge z’iri koranabuhanga rya Huawei kuko rishobora gutuma u Bushinwa buneka abaderevu, abashoramari, n’abandi ku birindiro biriho za F-35.

U Bushinwa kandi ngo bushobora kwiba ikoranabuhanga rya drone z’Abanyamerika.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *