Impfu z’abagore n’abana ku Isi yose zihariye 1/3 cy’impfu zose – Ubushakashatsi

Sangiza iyi nkuru

Ku Isi yose impfu z’abana, abagore batwite n’ingimbi zihariye 1/3 cy’impfu zose, aho abagore 830 bapfa buri munsi ku Isi yose, 400 muri bo bakaba ari abo muri Afurika yo munsi y’Ubutayu bwa Sahara. Ibi bikaba ari bimwe mu byatangarijwe abanyamakuru mu mahugurwa y’iminsi 3 bari bamazemo mu Karere ka Muhanga ku buzima bw’umubyeyi n’umwana yateguwe na Minisante ibinyujije mu Kigo cy’igihugu cy’Ubuzima, RBC.

Impamvu zikomeje gushyirwa mu majwi zitera impfu ku bagore harimo: Kuva (Haemorrhage), umuvuduko ukabije w’amaraso, no gukuramo inda.

Naho impamvu zitera impfu z’abana harimo kuvuka igihe kitageze, uburyo umwana yavutsemo (Birth related complications), umusonga, impiswi na malaria.

????????????????????????????????????
Dr Anicet Nzabonimpa

Kuvuka igihe cyo kuvuka kitageze n’imwe mu mpamvu ihitana abana bavuka nk’uko byasobanuwe n’impuguke zo muri RBC zirimo Dr Nzabonimpa Anicet , impuguke mu bijyanye no kwita ku buzima bw’umubyeyi n’umwana, abana bavutse gutya bakaba baba bagomba gukurikiranwa bihagije n’abaganga bakivuka kuko ari bwo ubuzima bwe buba buri mu kaga ariko iyo arengeje ukwezi ari muzima akaba aba afite amahirwe yo kubaho.

Intego ya 4 y’iterambere ry’ikinyagihumbi (MDG’s 2015) yari ukugabanya impfu z’abana mu gihe intego ya 5 yari ukugabanya impfu z’abagore.

Ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo cy’igihugu cy’ibarurishamibare kigaragaza ko impfu z’abagore mu Rwanda zagiye zigabanyuka uko imyaka ihita, nk’aho ubushakashatsi bwo mu 2000 bwagaragaje ko hapfuye abagore basaga 1000 bishwe n’ibibazo bitandukanye bifitanye isano no gusama, ariko uwo mubare ukaba waragiye ugabanyuka kugeza kuri 210/100,000 by’abana bavutse.

????????????????????????????????????
Bamwe mu banyamakuru bitabiriye amahugurwa

Intego z’iterambere rirambye ry’ikinyagihumbi SDG’s 2030 rikaba riteganya ko izi mpfu zaba zagabanyutse kugeza munsi ya 70/100,000 ntihazagire igihugu kirenza 140/100,000 by’abana bavuka.

Ikindi giteganyijwe mu ntego z’iterambere rirambye ry’ikinyagihumbi 2015-2030 ni ukugabanya impfu z’abana ntibazarenge 25 ku bana 1000 bavutse bari munsi y’imyaka 5, no kuba impfu z’impinja zizaba zagabanyutse kugeza ku kigero cya 12 ku 1000 bavutse.

Zimwe mu mpamvu zatumye impfu z’abagore n’abana zigabanyuka, harimo kwegereza abaturage serivisi z’ubuvuzi, ubwishingane mu kwivuza, iterambere ry’ibikorwaremezo, ibikoresho bikenewe byaraguzwe, guhugura abakozi, agahimbazamusyi ku mukozi mu by’ubuzima witwaye neza, n’imihigo.

????????????????????????????????????

Inama ababyeyi bagirwa n’abashinzwe ubuzima batandukanye mu rwego rwo kwirinda impfu z’ababyeyi n’abana, harimo kuzirikana kwipimisha byibuze inshuro 4 kuva atwite kugeza abyaye, kuko byagaragaye ko kenshi zimwe mu mpamvu zishobora gutuma umubyeyi yapfa ari kubyara cyangwa uwo abyaye akabura ubuzima, harimo no kuba baba bataripimishije uko bikwiye mbere ngo ibibazo bishobora kuba byateza izo ngorane bigaragare hakiri kare bishakirwe umuti.

Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *