Kuri iki Cyumweru, Igipolisi cya Uganda cyatangaje ko abantu 13 batawe muri yombi nyuma y’igitero cyagabwe mu nkambi y’impunzi z’Abanyesudani y’Epfo iherereye mu majyarugu ashyira iburengerazuba bw’igihugu cyiciwemo impunzi 6.
Umuvugizi w’igipolisi muri ako karere, Josephine Angucia, yavuze ko ubwo bwicanyi bwabaye mw’ijoro ryo kuwa gatandatu mu nkambi ya Rhino icumbikiye impunzi zirenga 100 000, hafi y’umupaka na Sudani y’Epfo.
Angucia yatangaje ko ari ubushyamirane hagati y’abaturage b’Abagande begereye inkambi ndetse n’impunzi ziba muri iyo kambi, bwavuyemo ubwicanyi nk’uko tubikesha VOA.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, HCR, rikaba rivuga ko Uganda icumbikiye impunzi zisaga miliyoni 1 n’ibihumbi magana ane, akaba ari cyo gihugu cya mbere cyakiriye impunzi nyinshi muri Afurika.
Inyinshi muri izi mpunzi zaturutse muri Sudani y’Epfo, aho intambara hagati y’abenegihugu yahitanye abagera ku 380,000, igatuma abandi miliyoni 4 bafata iy’ubuhungiro.
Inkambi ya Rhino ni imwe mu nkambi nini muri Uganda, ariko ikunze kubamo ubushyamirane hagati y’Abaturage b’Abagande bayikikije n’impunzi abantu bakicwa.
Byaherukaga mu Ukuboza umwaka ushize, ubwo impunzi y’Umunya-Sudani y’Epfo yicwaga abandi bagakomeretswa, mu bushyamirane na none bwabahuje n’Abanyagihugu.


