Impunzi z’Abanyamulenge zisaga 30 zahungiye mu Burundi

Sangiza iyi nkuru

Impunzi z’Abanyekongo bagera kuri 39 bakomoka mu bwoko bw’Abanyamulenge kuri uyu wa Kane ushize bageze mu Ntara ya Cibitoke, muri Komini Rugombo bavuga ko bahunze imirwano ikomeye yahuzaga ingabo za leta n’inyeshyamba za Mai-Mai muri Uvira.

Izi mpunzi zarakiriwe muri Komini Rugombo mu gihugu cy’u Burundi zivuga ko zihunze imirwano imaze amezi hafi atatu muri ako karere ka Uvira.

Umwe muri izi mpunzi nk’uko iyi nkuru dukesha urubuga UBmnews rwo mu Burundi, yemeza ko bari bamaze iminsi hafi itatu barara mu ishyamba kandi ko n’ibyabo byasahuwe, amazu yabo agasenywa.

40441232 1988181244577238 6254509604693082112 n

Aba Banyamulenge basabye Leta y’u Burundi kubaha ubuhungiro, mu gihe ubuyobozi bw’Intara ya Cibitoke busaba HCR gutanga inkunga y’imodoka zo gutwara izo mpunzi ngo zijyanwe mu nkambi y’agateganyo iri ahitwa Cishemere muri Komini Biuganda, muri iyi Ntara ya Cibitoke.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *