Impunzi z’Abarundi zahungiye muri Congo no muri Tanzania ziri kwimukira mu Rwanda

Sangiza iyi nkuru

Impunzi z’Abarundi zahungiye mu bihugu bitandukanye by’ibituranyi zirimo ziri kwimukira mu Rwanda ku bwinshi kubera ukuntu uburenganzira bwazo buhonyorwa mu bihugu nka Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo no muri Tanzania ndetse bikaviramo bamwe muri zo kwicirwa aho zahungiye nk’uko byemezwa n’Umuryango w’Abibumbye

Ishami ry’uyu murya go rishinzwe impunzi, HCR, riratangaza ko imibare iheruka y’izi mpunzi zinjira mu Rwanda zari 42 zaturutse muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo no muri Tanzania mu kwezi kwa Nzeri.
[xyz-ihs snippet=”google-pub”]

Hari amakuru yagiye avuga ko abakozi ba guverinoma y’u Burundi bacengeraga mu nkambi zabo muri Tanzania bakabajujubya.

Naho muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, impunzi z’Abarundi zisaga 30 ziherutse kwicirwa muri iki gihugu n’inzego z’umutekano abarokotse bavuga ko nta wagize uruhare ku gitero cyagabwe ku nkambi yabo.

Usibye izi mpamvu z’umutekano, HCR ivuga ko bamwe muri izi mpunzi bimukira mu Rwanda mu rwego rwo kongera guhura nk’imiryango kuko imiryango yabo ari ho yahungiye.

Kuri ubu, u Rwanda rucumbikiye impunzi z’Abarundi 87,517 nk’uko imibare yo mu Ukwakira ibigaragaza. Abagera kuri 456 muri aba bakaba barakiriwe muri Nzeri nk’uko iyi nkuru dukesha KTPress ikomeza ivuga

HCR ikaba ivuga ko umubare w’impunzi zakirwaga wari abantu byibuze 15 ku munsi muri Nzeri.
 
Kanda hano ujye ubona amakuru yihuse kandi kugihe kuri Facebook no kuri twitter
 
Dennis Ns./Bwiza.com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *