Impunzi z’Abarundi zitandukanyije na mugenzi wazo Ciza Alexandre uherutse gutangaza ko we n’abandi bafite umugambi wo gukuraho ubutegetsi bwa Perezida Evariste Ndayishimiye w’u Burundi n’ishyaka CNDD-FDD muri rusange, bifashishije intwaro.
Mu kiganiro aherutse kugirira kuri Primo Media Rwanda, Ciza uba mu mujyi wa Kigali yasobanuye ko impamvu we na bagenzi be bafite uyu mugambi ari uko ngo abo mu ishyaka CNDD-FDD bari gukorera Abarundi ibyaha birimo ubwicanyi, kandi ngo hari gutegurwa jenoside ishobora kwicirwamo amamiliyoni y’abantu bitewe n’imibiri y’Abahutu bishwe mu 1972 ikomeje gutabururwa.
Icyo gihe yagize ati: “Twebwe bitewe n’uko twabonye ko umuti urambye wo kugarura amahoro n’umutekano mu Burundi ari uwo kurandurana n’imizi ubutegetsi karyanishamiryango bw’ishyaka CNDD-FDD kandi tugasanga kugira ngo bibe, bisaba gukoresha umuheto kuko kugeza uyu mwanya tuvugana, nta biganiro dukeneye hagati yacu na bo.”
Soma iyi nkuru https://bwiza.com/?Kigali-Umurundi-avuga-ko-we-na-bagenzi-be-bashaka-guhirika-Ndayishimiye
Muri Nzeri 2021, Ciza yandikiye Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye n’uw’uw’uwita ku mpunzi, UNHCR, asaba ko impunzi z’Abarundi ziba zitifuza gutaha zashakirwa ibindi bihugu zijyamo, cyangwa ze bakazifasha gukuraho ubutegetsi bw’iri shyaka.
Bitandukanyije na we
Umuyobozi wungirije w’umuryango CBDH/VICAR (Coalition Burundaise des Défenseurs de Droits de l’Homme /Vivant dans les Camps de Réfugies) uharanira uburenganzira bw’impunzi z’Abarundi, Sharangabo Léopold nyuma yo kumva ikiganiro cya Ciza, yamaganye umugambi we, anahamya ko nta mpunzi iba mu nkambi ya Mahama yifatanyije na we.
Iri tangazo ryasohotse ku wa 25 Gashyantare 2022 [Bwiza iyifitiye kopi), rigira riti: “Muri iki cyumweru, impunzi z’Abarundi ziba mu Rwanda no mu bindi bihugu bigize akarere zatunguwe na videwo ya Bwana Ciza Alexandre, impunzi yahoze mu nkambi ya Mahama, ubu ngubu iri mu bwihisho. Muri icyo kiganiro, Ciza avuga ko ari gutegura igitero kuri Leta y’u Burundi afatanyije n’impunzi za Mahama.”

Sharangabo mu izina rya CBDH/VICAR abona amagambo ya Ciza afite impamvu ya politiki, hari n’abanyapolitiki baba bayihishe inyuma, bagamije guteza impagarara mu mpunzi z’Abarundi ziba mu nkambi ya Mahama, abishingiraho abyamagana.
Yagize ati: “Dufashe uyu mwanya twamagana aya magambo kuko nta mpunzi n’imwe iba Mahama yifatanyije na Bwana [Ciza] mu gutegura ibitero yavuze. Impunzi z’Abarundi zirifuza ahubwo ibiganiro bidaheza bihuza Abarundi kugira ngo abari mu gihugu n’abari mu buhungiro babeho mu mahoro. Amagambo ya Ciza ni aye ku giti cye, kuko ntaho ahuriye n’inkambi y’impunzi.”
Inyungu ze bwite
Mu kiganiro Sharangabo yagiranye na Bwiza.com, yasobanuye ko kuva na kera bagerageje kuganiriza Ciza bamusaba kureka kwishora muri politiki kandi ari impunzi, banamusobanurira ingaruka byamugiraho ariko abima amatwi.
Yagize ati: “Ni ibirego bitumvikana by’umuntu tutazi ikibazo afite kuva 2016. Twagiye tumwegera turamubwira tuti ‘Nyabuna ibyo bintu uri gukora bireke. Uri kubeshyera impunzi ku nyungu zawe bwite tutazi’. Twatangajwe n’inkuru y’uko ari kwitegura gutera u Burundi. Ibyo rero byabaye kuva kera, hashize igihe, twebwe tukamwegera tukamubwira tuti ‘Ciza reka gukinira ibintu bya politiki ku nyungu zawe’.”
Inyungu bwite Sharangabo avuga, ngo ni uko Ciza yashatse kugerageza kujya mu bihugu byo hanze biramunanira, ahitamo gukoresha uburyo bwa politiki kugira ngo umugambi we awugereho.
Sharangabo ashingiye ku itegeko riha impunzi uburenganzira bwo kudasubizwa mu gihugu cyayo ku ngufu, abona ko Ciza yatangaje aya magambo kugira ngo u Rwanda rumwirukane, ajyanwe mu kindi gihugu. Ati: “Inzira we abicishamo, ashaka gukora ibintu bimeze gutya kugira ngo u Rwanda ruvuge ngo ‘Uyu muntu nimumudukurire hano’, ONU imujyane. Ibyo kuva 2015 turabibona.”
Ibyo Sharangabo avuga byashimangiwe n’umuyobozi w’impunzi mu nkambi ya Mahama, Kwibishatse Jean Bosco mu kiganiro na we yagiranye na Bwiza.com.
Yagize ati: “Ibyo [Ciza] akora ubwo afite abo babikorana hanze ariko hano mu nkambi, inkambi iba irinzwe, imeze neza, dufite inzego zose zidukurikirana. Urumva n’ibyo yakoze ko yabikoreye i Kigali, atabikoreye hano mu nkambi. Byarantangaje kumva amagambo avuga ngo afite abantu bafatanyije mu nkambi i Mahama. Biriya yavuze ni ku giti cye, ni ibitekerezo bye, ni amarangamutima ye kandi icya kabiri, amategeko mpuzamahanga ntiyemerera ko umuntu yakinira politiki mu buhungiro.”
Inkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe isigayemo impunzi z’Abarundi zibarirwa mu 32,000. Inyinshi zabagamo zacyuwe ku bushake, zibifashijwemo na Leta y’u Rwanda, iy’u Burundi na UNHCR.




2 Responses
Impunzi z’Abarundi zitandukanyije na Ciza wifuza gukuraho ubutegetsi bwa Ndayishimiye
Mwoshobora kutugezaho amakuru agezweho kuri UKRAINE na RUSSY?
Impunzi z’Abarundi zitandukanyije na Ciza wifuza gukuraho ubutegetsi bwa Ndayishimiye
Mwoshobora kutugezaho amakuru agezweho kuri UKRAINE na RUSSY?