Kuri uyu wa gatatu taliki 31 Mutarama 2024, ishyaka rya politiki “Pakistan Tehreek-e-Insaf” (PTI) ryatangaje ko Imran Khan wahoze ari Minisitiri w’Intebe wa Pakisitani yakatiwe igifungo cy’imyaka 14 kubera kumena amabanga ya Leta na Ruswa.
Ni mu gihe iburanisha ryabaye kuri uyu wa kabiri taliki 30 Mutarama 2024 ryari ryakatiye Khan imyaka 10 y’igifungo yiyongera kuri itatu yari yarakatiwe mbere,. Kuri Ubu rero rwategetse ko uyu mugabo afungwa imyaka 10 nyuma yo guhamwa n’ibyaha bitandukaniye yakoze ubwo yari ku butegetsi.
Khan yaburanishijwe n’uwahoze ari Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga Shah Mehmood Kureshi.Urubanza rwabo rukaba rwarabereye mu muheza bitewe n’ibyo urukiko rwise ko ibyaha bakoze byafashwe ko ari iby’urukozasoni.
Mu Rukiko yagiye akunda kuvuga ko ibyaha ashinjwa birimo iby’iterabwoba ari ibyateguwe na Guverinoma ya Sharif hagamijwe kumuharabika no kumuhirika ku butegetsi.
Muri Gicurasi 2023, nibwo uyu munyepolitike akaba n’umukinnyi wa Cricket yatawe muri yombi n’ Inzego z’umutekano ahita anashyikirizwa urukiko mu Murwa Mukuru Islamabad.


