idf.jpg

Indege zacu zasenye inyubako igeretse 14 muri Gaza, twabanje kuburira abasivili bari bayirimo_IDF

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Israel (IDF) kuri uyu wa 12 Gicurasi 2021 cyaraye gitangaje ko indege zacyo z’irwanyi zasenye inyubako igeretse 14 iherereye mu mujyi wa Gaza muri Palestine, cyabanje kuburira abasivili kugira ngo bayisohokemo.

IDF ivuga ko iyi nyubako ikoreramo ibiro by’umutwe w’iterabwoba wa Hamas bishinzwe ubutasi, ikaba inabamo ibikoresho by’ikorabuhanga bifasha uyu mutwe mu itumanaho rya gisirikare.

Ku rubuga rwa Twitter, mu masaa moya y’umugoroba, IDF yagize iti: “Mu gihe gitambutse, indege z’indwanyi zasenye inyubako igeretse 14 mu majyepfo ya Gaza, ibamo ibiro by’iperereza bya Hamas n’ibikorwaremezo bifashishwa mu itumanaho ry’ibikorwa bya gisirikare.”

Yakomeje ivuga ko mbere y’uko indege zayo zirasa iyi nyubako, yabanje kuburira abasivili, ibaha n’igihe gihagije kugira ngo bayisohokemo. Iti: “Twaburiye abasivili bari bayirimo, tubaha igihe gihagije cyo kuyisohokamo.”
idf.jpg

Bivugwa ko kandi indege za IDF zarashe ku bindi birindiro bya Hamas mu gace ka Khan Yunis, bikorerwamo ibikorwa byo guhangana n’ubutasi.

Na none ngo zarashe urugo rw’umwe mu bayobozi ba Hamas witwa Iyad Tayeb gusa nta makuru yemeza niba yakomerekeye muri iki gitero, yishwe cyangwa niba atari muri uru rugo.

Ibitangazamakuru mpuzamahanga bivuga ko ibitero bya IDF byaguyemo bamwe mu barwanyi bakomeye ba Hamas ndetse n’abasivili bo muri Palestine babarirwa muri 60.

IDF ikomeje kugaba ibi bitero kuri Hamas mu rwego rwo kwihorera kuko kuva ku wa Mbere w’iki cyumweru, uyu mutwe warashe misile zigera mu 1500 mu mijyi ikomeye muri Israel.

Ibi bitero bikurikiye uguhangana kw’abapolisi ba Israel n’abaturage bakomoka muri Palestine bamaze iminsi bakorera imyigaragambyo yiganjemo urugomo mu murwa wera, Yerusalemu.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *