Indonesia: Abaturage bihimuye igitero cy’ingona bica izikabakaba 300

Sangiza iyi nkuru

Abaturage bo muri Indonesia bitwaje ibyuma, inyundo, n’imitarimba bishe ingona 292 mu rwego rwo guhora urupfu rw’umugabo wishwe n’ingona ubwo yajyaga mu ifamu yazo.

Amafoto yashyizwe ahagaragara n’Ibiro Ntaramakuru Antara, yagaragaje ingona nyinshi zishwe mu karere ka Sorong mu burasirazuba bwa Indonesia mu Ntara ya West Papua.

Umuyobozi w’ikigo cy’igihugu gishinzwe kubungabunga umutungo kamere muri West Papua, yavuze ko umugabo w’imyaka 48 yishwe n’ingona yinjiye aho zororerwa yagiye gushaka ubwatsi bw’amatungo.

Bwana Basar Manullang ati: “ Umukozi yumvise umuntu ataka asaba ubufasha, yihutira kuhajya abona ingona iri kurwana n’umuntu .”

Nyuma yo gushyingura uwo mugabo kuri uyu wa Gatandatu ushize, abaturage binjiye muri iyo famu y’ingona zose barazica nk’uko Manullang avuga. Yongeyeho ko iyi famu ifite ibyangombwa yahawe mu 2013 ngo ibungabunge izo ngona n’izindi nyamanswa zimwe. Gusa, ngo hari humvikanwe ko izi nyamanswa z’ingona zitazagaba ibitero ku baturage batuye hafi aho.

Manullang avuga ko kuri ubu igipolisi cyatangiye iperereza ku iyicwa ry’izi ngona ku bwinhsi, yongeraho ko nazo ari ibiremw by’Imana bikeneye kurindwa.

 

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *