Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye

Sangiza iyi nkuru

Perezida w’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’amaguru ku Isi (FIFA), Gianni Infantino, yibasiye abanyaburayi bakomeje kwikoma igihugu cya Qatar bagishinja gufata nabi abimukira, avuga ko atari bo bakabaye baha abandi amasomo kandi na bo hari ibyo bakoze bagakwiye kumara imyaka 3,000 basabira imbabazi.

Infantino yabitangaje kuri uyu wa Gatandatu, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru i Doha muri Qatar gifungura Igikombe cy’Isi cya 2022 kibura umunsi umwe kigatangira gukinirwa muri kiriya gihugu.

Qatar cyakora cyo kuva yahabwa kwakira iyi mikino yakunze kudacirwa akari urutega n’ibihugu byiganjemo ibyo kumugabane w’u Burayi, biyishinja ahanini kudaha agaciro ubuzima bw’abimukira bagize uruhare mu kubaka ibikorwa remezo bizifashishwa mu gikombe cy’Isi.

Mu ma Stade amwe n’amwe yo ku mugabane w’u Burayi mu minsi yashize hakunze kumanikwa ibitambaro biriho ubutumwa buhamagarira abantu kutitabira kiriya gikombe cy’Isi, ku mpamvu z’uko Qatar ngo itajya iha agaciro ikiremwa muntu.

Qatar kandi yakunze gushinjwa kudaha uburenganzira abaryamana bahuje ibitsina.

Perezida wa FIFA yavuze ko Abanyaburayi batagakwiye kujora Qatar, ko ahubwo bagasabye imbabazi kubera amateka atari meza bateje Isi mu myaka yashize. Yavuze ko atari bo bari mu mwanya mwiza wo guha abandi amasomo y’ubuzima.

Ati: “Ntekereza ko ibyo twebwe Abanyaburayi twakoze mu myaka 3,000 ishize, dukwiriye gusaba imbabazi mu yindi myaka 3000 mbere yo gutangira guha amasomo abandi.”

Yakomeje agira ati: “Ni za Company zingana iki cyangwa business z’abo mu Burengerazuba bw’Isi zinjiza za miliyoni muri Qatar, za miliyari, muri zo ni zingahe zubahirije uburenganzira bw’abimukira?”

Infantino yavuze ko nta n’imwe muri zo yabikoze kuko iyo bibaho zari kubona inyungu nke.

Yabwiye ibihugu by’i Burayi binenga Qatar ko ifata nabi abimukira, ko niba koko bibafitiye impuhwe, byabafata bikajya kubatuza.

Ati: “Niba koko u Burayi bwitaye ku hazaza h’aba bana bato, bwari bukwiriye gukora nk’ibyo Qatar yakoze, bugashyiraho inzira z’amategeko zemewe, nibura umubare muto wabo bakajyayo.”

Perezida wa FIFA kandi yavuze ko Abanyaburayi batagakwiye kugirira impuhwe abo bita abimukira, kuko abenshi muri bo bagiye muri Qatar bakahabona amahirwe y’akazi abinjiriza amafaranga yikubye inshuro 10 ayo binjizaga mu bihugu byabo.

Yavuze ko Isi yaciwemo ibice kenshi gahagije, bityo ko kuba barashyize Igikombe cy’Isi muri Qatar bitari mu rwego rw’Intambara ko ahubwo biri mu rwo guhuriza hamwe ba bandi bagiye bababazwa kugira ngo bongere bishime.

Soma Izindi Nkuru

10 Responses

  1. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    Uyu mugabo Infantino afite intekerezo nzima aravugisha ukuri kwambaye ubusa,ni umunyabwenge kdi akaba n’umunyakuri yari akwiye gushyigikirwa.

    1. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
      Ibyo uvuze nukuri , ikibazo nuko nawe bagiye kumurwanya.

    2. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
      Ibyo uvuze nukuri , ikibazo nuko nawe bagiye kumurwanya.

  2. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    Uyu mugabo Infantino afite intekerezo nzima aravugisha ukuri kwambaye ubusa,ni umunyabwenge kdi akaba n’umunyakuri yari akwiye gushyigikirwa.

  3. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    nzagutora sha urumugabo …..

  4. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    nzagutora sha urumugabo …..

  5. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    nzagutora sha urumugabo …..

  6. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    nzagutora sha urumugabo …..

  7. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    Natwe arabivugishwa numwanya afite naho ahagaze, no kugirango abarabu bamurebe neza naho ubundi ntakiza cyo muburengerazuba

  8. Infantino yibasiye Abanyaburayi, avuga ko bakwiye kumara imyaka 3,000 basaba imbabazi abo bahemukiye
    Natwe arabivugishwa numwanya afite naho ahagaze, no kugirango abarabu bamurebe neza naho ubundi ntakiza cyo muburengerazuba

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *