20250619_123537

Ingabire yitandukanyije n’amahugurwa yo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda abayoboke b’ishyaka rye bashinjwa

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki Ingabire Victoire Umuhoza ukuriye ishyaka Dalfa-Umurinzi, yitandukanyije n’abayoboke b’iri shyaka baregwa ibyaha birimo gucura umugambi wo guhirika ubutegetsi bw’u Rwanda.

Urukiko Rukuru rwari rwahamagaje Ingabire, kugira ngo atange ibisobanuro muri ruriya rubanza ruregwamo abantu icyenda.

Mu maburanisha yabanje, ubushinjacyaha bwagiye bugaruka kuri Ingabire, buvuga ko yagize uruhare runini mu gutegura amahugurwa yo gukuraho ubutegetsi hadakoreshejwe intambara abaregwa bashinjwa kwitabira, ari na yo ntandaro yo kumutumiza mu rukiko.

Uyu kuri uyu wa Kane ubwo yitabaga urukiko, yarwemereye ko abaregwa bose abazi, gusa avuga ko yaba we cyangwa ishyaka rye batigeze bategura amahugurwa yo gukora icyo gikorwa bashinjwa.

Yavuze ko ishyaka rye ntaho rihuriye na yo, kuko atari ishyaka ryemewe kandi ko umuhate wose yagerageje ngo ryemerwe ntacyo wagezeho.

Yunzemo ati: “Iryo shyaka ntiryari kugira icyo rikora kandi ritariho mu buryo bwemewe n’amategeko”.

Ingabire kandi yabwiye urukiko ko amaze kubona ko arimo kugorwa no kwandikisha ishyaka rye, yasabye komite y’agateganyo yari yashyizeho guhagarika ibikorwa byose byo gushakisha abayoboke.

Mu gushinja abaregwa, ubushinjacyaha bwagiye buhuza ayo mahugurwa n’umunsi witwa ‘Ingabire Day’ wizihizwa buri mwaka na bamwe mu banyarwanda baba hanze bashyigikiye uyu munyapolitike.

Mu rukiko uyu munsi, Ingabire yavuze ko amahugurwa avugwa n’umunsi wa ‘Ingabire Day’ ntaho bihuriye, kuko uwo munsi utegurwa n’Abanyarwanda baba hanze kandi we akaba nta ruhare agira mu kuwutegura, n’ubwo ngo asabwa gutanga ubutumwa kuri uwo munsi.

Nyuma yo kumva Ingabire, abacamanza bavuze ko bagiye kwiherera bakareba niba amakuru abahaye n’ibisobanuro bakeneye bihagije, mbere yo kugira umwanzuro bafata.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *