Ingabo z’u Burusiya ziri muri Ukraine zahawe intego nyamukuru zigomba kwibandaho

Sangiza iyi nkuru

Minisitiri w’ingabo w’u Burusiya, Sergey Shoigu, yabwiye abayobozi b’ingabo kugira intwaro zirasa mu ntera ndende za Kiev intego yabo y’ibanze. Iri tegeko ryaje ubwo yagenzuraga ingabo ziri mu ‘burasirazuba’ bwa Ukraine.

Minisiteri y’Ingabo yatangaje kuri uyu wa Mbere ko Shoigu yatanze amabwiriza yo gushyira imbere kurasa misile n’imbunda za rutura bya Ukraine , kubera ko zakoreshejwe na Kiev mu kwibasira uduce dutuwe muri Donbass no gutwika imirima y’ingano n’ububiko bw’ibinyampeke.

Minisitiri avuga ko intwaro zirasa kure za Ukraine, iruhande rw’izakozwe mu gihe cy’Abasoviyeti, zirimo HIMARS zohereza ibisasu bya roketi byinshi icya rimwe zatanzwe na Amerika, iz’Abafaransa zo mu bwoko bwa CAESAR self-propelled howitzers hamwe n’ibindi bikoresho byo mu mahanga, bigomba kuraswa.

Kuri uyu wa Mbere nkuko iyi nkuru dukesha Russan Today ivuga, Repubulika ya Rubanda ya Donetsk yavuze ko ubutaka bwayo bwarashweho inshuro 53 n’ibisasu bivuye ku ruhande rwa Ukraine mu masaha 24 ashize, aharashwe ibisasu birenga 660.

Minisiteri yagize iti: “Mu nama yabo, umuyobozi w’itsinda ry ” Iburasirazuba ‘, Lt. Gen. Rustam Muradov, yamenyesheje Shoigu“ uko ibintu bimeze ubu ndetse n’intambwe imaze guterwa mu gusohoza inshingano bahawe zo kurimbura ingabo bahanganye”.

Urugendo rwa Shoigu rutatangajwe rwo gusura ingabo z’u Burusiya muri Donbass rwatangajwe bwa mbere na Minisiteri y’Ingabo ku Cyumweru, ubwo yavugaga ko minisitiri yagenzuye imitwe yo mu majyepfo no hagati, abonana n’abayobozi bazo, Gen. Sergey Surovikin na Col. Gen. Alexander Lapin.

Ku ya 24 Gashyantare, u Burusiya bwohereje ingabo muri Ukraine, buvuga ko Kiev yananiwe gushyira mu bikorwa amasezerano ya Minsk, agamije guha uturere twa Donetsk na Lugansk umwanya wihariye muri leta ya Ukraine.

Amasezerano yagizwemo uruhare n’u Budage n’u Bufaransa, yashyizweho umukono bwa mbere mu 2014. Uwahoze ari Perezida wa Ukraine, Petro Poroshenko, yemeye ko intego nyamukuru ya Kiev kwari uguhagarika imirwano mu kugura igihe no “kurema ingabo zikomeye.”

Muri Gashyantare 2022, Kremlin (Perezidani y’u Burusiya) yemeye ko repubulika za Donbass ari ibihugu byigenga kandi isaba ko Ukraine yatangaza ku mugaragaro ko ari igihugu kidafite aho kibogamiye kitazigera cyinjira mu muryango wose w’ingabo z’iburengerazuba. Ukraine yo ishimangira ko yatewe n’u burusiya itigeze ibushotora.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Ingabo z’u Burusiya ziri muri Ukraine zahawe intego nyamukuru zigomba kwibandaho
    Ibirikobirabavyaranditswemubivyeranda

  2. Ingabo z’u Burusiya ziri muri Ukraine zahawe intego nyamukuru zigomba kwibandaho
    Ibirikobirabavyaranditswemubivyeranda

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *