Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zagabye ibitero bishya mu majyepfo ya Iran, zirasa ku bigo bikorerwamo ibisasu bya misile no ku mato yageragezaga gutega ibisasu bya mine.
Bimwe mu biro bikuru biyobora imirwano byâingabo za Amerika (US Central Command) byasohoye itangazo bivuga ko ibyo bitero byagabwe mu âkwirwanahoâ, kandi ko bigamije âkurinda ingabo zacu inkeke zitewe nâingabo za Iranâ.
Umuvugizi wa âUS Central Commandâ, Capt. Tim Hawkins, yavuze ko ingabo zâAmerika âzikomeje kurinda ingabo zacu mu gihe zikoresha kwifata muri aka gahenge gakomejeâ.
Ibyo bitero bibaye mu gihe umuvugizi wa minisiteri yâububanyi nâamahanga ya Iran Esmail Baqai yavuze ko hari intambwe yatewe mu biganiro na Amerika, ariko ko amasezerano yo kurangiza intambara ântabwo yegerejeâ.
Capt Hawkins yavuze ko ibyo bitero byarashe ku gace kari hafi ya Bandar Abbas, umujyi urimo icyambu wo mu majyepfo unarimo ikigo cya gisirikare cyâingabo zirwanira mu mazi za Iran kiri ku Muhora wa Hormuz, nkuko byatangajwe nâikinyamakuru the New York Times.
Mbere, ibitangazamakuru bya leta ya Iran byatangaje ko abategetsi bâaho i Bandar Abbas bari barimo gukora iperereza nyuma y’uko humvikanye ibiturika.


