3114

Ingabo za Amerika zagabye ibitero bishya kuri Iran

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Leta Zunze Ubumwe za Amerika zivuga ko zagabye ibitero bishya mu majyepfo ya Iran, zirasa ku bigo bikorerwamo ibisasu bya misile no ku mato yageragezaga gutega ibisasu bya mine.

Bimwe mu biro bikuru biyobora imirwano by’ingabo za Amerika (US Central Command) byasohoye itangazo bivuga ko ibyo bitero byagabwe mu “kwirwanaho”, kandi ko bigamije “kurinda ingabo zacu inkeke zitewe n’ingabo za Iran”.

Umuvugizi wa ‘US Central Command’, Capt. Tim Hawkins, yavuze ko ingabo z’Amerika “zikomeje kurinda ingabo zacu mu gihe zikoresha kwifata muri aka gahenge gakomeje”.

Ibyo bitero bibaye mu gihe umuvugizi wa minisiteri y’ububanyi n’amahanga ya Iran Esmail Baqai yavuze ko hari intambwe yatewe mu biganiro na Amerika, ariko ko amasezerano yo kurangiza intambara “ntabwo yegereje”.

Capt Hawkins yavuze ko ibyo bitero byarashe ku gace kari hafi ya Bandar Abbas, umujyi urimo icyambu wo mu majyepfo unarimo ikigo cya gisirikare cy’ingabo zirwanira mu mazi za Iran kiri ku Muhora wa Hormuz, nkuko byatangajwe n’ikinyamakuru the New York Times.

Mbere, ibitangazamakuru bya leta ya Iran byatangaje ko abategetsi b’aho i Bandar Abbas bari barimo gukora iperereza nyuma y’uko humvikanye ibiturika.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *