Kuri uyu wa Gatatu, itariki 06 Mata 2022 imiryango ibiri y’ingenzi iharanira uburenganzira bwa muntu yashinje umutwe witwara gisirikare wo mu Ntara ya Amhara muri Ethiopia, kuba zaratangije ubukangurambaga bwo gutsemba ubwoko bw’Abanya-Tigray mu ntambara imaze guhitana abasivili ibihumbi n’ibihumbi abasaga miliyoni bakavanwa mu byabo.
Amnesty International and Human Rights Watch (HRW) byavuze muri raporo ihuriweho ko ihohoterwa rikorwa n’abayobozi ba Amhara n’ingabo zidasanzwe z’imitwe yitwara gisirikare zo mu karere mu mirwano yabereye mu burengerazuba bwa Tigray, ari ibyaha by’intambara n’ibyaha byibasiye inyokomuntu.
Raporo irashinja kandi Ingabo za Ethiopia ubufatanyacyaha muri ibyo bikorwa.
Umuyobozi mukuru wa Human Rights Watch, Kenneth Roth yagize ati: “Kuva mu Gushyingo 2020, abayobozi ba Amhara n’inzego z’umutekano zabo bagize uruhare mu gikorwa cyo gutsemba ubwoko kugira ngo birukane Abanya-Tigray mu burengerazuba bwa Tigray mu ngo zabo.”
Umuvugizi wa Guverinoma ya Amhara, Gizachew Muluneh, yatangarije Ibiro Ntaramakuru by’Abongereza, Reuters, ko ibirego byo guhohotera no gutsemba ubwoko mu burengerazuba bwa Tigray ari “ibinyoma” kandi ko ari “ibihimbano”.
Guverinoma ya Ethiopia n’umuvugizi w’igisirikare, uwahoze ayobora ingabo zidasanzwe za Amhara n’umuyobozi wa Tigray y’Uburengerazuba ntabwo bahise basubiza ibyifuzo byo kugira icyo bavuga kuri iyi raporo.
Amnesty na HRW bavuze ko ingabo za Tigray nazo zahohoteye abaturage mu gihe cy’intambara y’amezi 17, ariko ko ibi atari byo raporo yibanzeho.
Iyi Raporo ishingiye ku biganiro 427 iyi miryango yagiranye n’abacitse ku icumu, abo mu miryango ndetse n’abatangabuhamya, ngo ni isuzuma ryuzuye kugeza ubu rigaragaza ihohoterwa ryakorewe mu ntambara yo mu burengerazuba bwa Tigray.
Tigray y’Uburengerazuba bivugwa ko yakorewemo ihohoterwa rikabije mu ntambara yahuje Guverinoma ya Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia, Abiy Ahmed, hamwe n’abafatanyabikorwa bayo bo mu Ntara ya Amhara bahanganye n’inyeshyamba z’Abanya-Tigray, Tigray People Liberation Front (TPLF). TPLF yari iyoboye Guverinoma ya Ethiopia mbere y’uko Abiy ajya ku butegetsi muri 2018.
Usibye ubwicanyi bwakozwe inshuro nyinshi, raporo ivuga inama zagiye zikorwa aho abayobozi ba Amhara baganiraga kuri gahunda yo kwigizayo Abanya-Tigray ndetse n’ibihano bibuza gukoresha ururimi rwa Tigrayan nk’ikimenyetso cyo guhanagura ubwoko.
Raporo ivuga ko abategetsi ba Leta bananiwe gukora iperereza ku birego byo guhanagura ubwoko, mu gihe ingabo z’igihugu zakoze “ubwicanyi, gufata no gufunga binyuranyije n’amategeko, no kwica urubozo abaturage ba Tigray”.
Umuvugizi wa Guverinoma ya Amhara, Gizachew yavuze ko ingabo zo mu karere zubahirije amategeko.
Muri Werurwe umwaka ushize, Umunyamabanga wa Leta muri Amerika, Antony Blinken, nawe yashinje ingabo za Amhara gukora “ibikorwa byo gutsemba ubwoko”.


