Ingabo za EAC zahaye M23 igihe ntarengwa ngo ibe yavuye i Kishishe na Rumangabo

Sangiza iyi nkuru

Ku wa Gatandatu tariki ya 31 Ukuboza 2022, Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC) zasabye umutwe wa M23 kuba wamaze kuva mu duce twa Kishishe na Rumangabo, bitarenze ku wa Kane tariki ya 05 Mutarama 2023.

Ni ibikubiye mu itangazo rigenewe abanyamakuru ryasohowe nyuma y’inama Ingabo za EAC n’urwego rwa EJVM bagiranye na M23.

Iyo nama yabereye i Kibumba, yari iyobowe na Maj. Gen Jeff Nyagah ukuriye Ingabo za EAC ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Itangazo rivuga ko Ingabo za EAC zatangiye kugenzura Kibumba, nyuma y’uko abarwanyi ba M23 bemeye kuyivamo.

Iri tangazo kandi rivuga ko EAC na EJVM basabye M23 na FARDC gukomeza kubahiriza imyanzuro y’inama y’i Luanda yo ku wa 23 Ugushyingo 2021, ndetse n’iya Nairobi.

Ryasabye abagiraneza kandi gutabara ibihumbi by’abanye-Congo bavuye mu byabo mbere yo guhungira mu nkengero z’Umujyi wa Goma ndetse n’ibindi bice by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru.

Soma Izindi Nkuru

3 Responses

  1. Ingabo za EAC zahaye M23 igihe ntarengwa ngo ibe yavuye i Kishishe na Rumangabo
    Njewe mbona zirangabo za EAC zitaraje kuzana amahoro muri Republika iharanira democrasi ya kongo RDC ahubwo zaje gusahura congo ubundi kuberiki zitagwana na m23 ahubwo zigahora mu nama ya burigihe na m23 ahubwo njewe nifuzaga yuko izongabo za EAC za fatanya ni za congo FARDC bagahasha uramwanzi wa maze abacongo mani.

  2. Ingabo za EAC zahaye M23 igihe ntarengwa ngo ibe yavuye i Kishishe na Rumangabo
    nibatuzw amahor abonek mukarer kac iman ibikor

  3. Ingabo za EAC zahaye M23 igihe ntarengwa ngo ibe yavuye i Kishishe na Rumangabo
    Ibi ntabwo mbyemera M23 igomba kuhuma aho yafashe hamenetse amaraso kugeza igihe leta ya Congo izumva ibyifuzo byabo nibwo haraho ntemeranya nabo kuko bashyize mukaga benewabo ubu barikwicwa etc…

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *