Ingabo za Mali zafunze Perezida n’abarimo Minisitiri w’Intebe

Sangiza iyi nkuru

Ingabo za Mali zaraye zitaye muri yombi Perezida w’inzibacyuho, Bah Ndaw n’abarimo Minisitiri w’Intebe, Moctar Ouane, nyuma y’amavugurura yari amaze gukorwa muri guverinoma.

Muri aya mavugurura, abasirikare bakuru babiri bagize uruhare rukomeye mu ihirika ku butegetsi ry’uwari Perezida wa Mali, Ibrahim Boubacar Keita muri Kanama 2020, basimbujwe, birakaza ingabo z’igihugu.

Ni amavugurura Perezida Ndaw na Ouane bakoze nyuma y’igihe kirekire babisabwa n’abaturage ndetse n’imiryango itandukanye ikorera mu gihugu, bavugaga ko bidakwiye ko guverinoma yiganzamo abasirikare.

Nk’uko bamwe mu bagize guverinoma n’abadipolomate babitangarije ibiro ntaramakuru by’Abongereza, nyuma y’aya mavugurura, Perezida Ndaw, Minisitiri Ouan na Minisitiri w’Ingabo, Souleymane Doucore bahise batabwa muri yombi, bajyanwa gufungirwa mu birindiro bya gisirikare biri mu Karere ka Kati, hanze y’umurwa mukuru, Bamako.

Ifungwa ry’aba bayobozi bakuru ryahise ryamaganwa n’imiryango irimo: uw’Abibumbye (UN) uw’Ubumwe bwa Afurika (AU), uw’ibihugu bigize akarere ka Afurika y’Iburengerazuba (ECOWAS) n’ibihugu bikomeye ku Isi birimo: Leta Zunze Ubumwe za Amerika, u Bwongereza, u Bufaransa n’u Budage.

Iyi miryango n’ibihugu birasaba ingabo za Mali kurekura aba bayobozi, mu rwego rwo gukumira umwuka mubi wa politiki ushobora gukurikira ifungwa ryabo.

Kugeza ubu ntacyo ingabo zifunze aba bayobozi ziragira icyo zitangaza, n’icyo zigambiriye ntikiramenyekana neza, gusa bikekwa ko zaba zishaka kubahirika ku butegetsi.

Perezida Ndaw wabaye umusirikare na Ouane barahiriye izi nshingano muri Nzeri 2020. Byari biteganyijwe ko bazayobora inzibacyuho mu gihe cy’amezi 18, hakazakurikiraho amatora.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *