Umujyi wa Akobo wo muri Sudani y’Epfo wongeye gufatwa n’ingabo zo ku ruhande rutavuga rumwe n’ubutegetsi, nyuma y’ukwezi kumwe ugenzurwa n’ingabo za Leta.
Ni nyuma yo kuwirukanwamo n’iza Riek Machar wahoze ari Visi-Perezida wa kiriya gihugu kuri ubu ufunzwe.
Amakuru avuga ko ku wa Mbere tariki ya 13 ari bwo ingabo zo mu mutwe wa SPLA-IO wa Machar ari bwo zisubije umujyi wa Akobo.
Amafoto n’amashusho yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga zo muri Sudani y’Epfo, yerekana ziriya nyeshyamba zamaze kwigarurira uriya mujyi, aho amagana y’urubyiruko rufite intwaro rugaragara ruririmba kandi rubyina, bishimira intsinzi.
Umuvugizi wa SPLA-IO, Colonel Lam Paul Gabriel, yatangaje ko bateje “igihombo gikomeye ku butegetsi”, anatanga urutonde rw’imodoka za gisirikare bafashe.
Uyu kandi yavuze ko igitero cyatangiye saa kumi n’ebyiri n’igice za mu gitondo kuri uyu wa Mbere, kandi ko “kitamaze iminota irenga 50 mbere y’uko Akobo ifatwa burundu”.
Kugeza ubu ntacyo ingabo za Leta ya Sudani y’Epfo zitarangaza ku ifatwa ry’uriya mujyi, ariko kuba Akobo yongeye gufatwa n’abarwanya ubutegetsi ni igihombo gikomeye ku mutwe wa SPLM uyobowe na Perezida Salva Kiir.
Akobo yongeye gufatwa mu gihe mu cyumweru gishize, guverineri wa Leta ya Jonglei, Riek Gai Kok, yari yasuye uriya mujyi agasezeranya abaturage kugarura umutekano no gusubizaho serivisi z’ibanze.
Ubuyobozi bwa Leta kandi bwari bwasabye abaturage n’imiryango itari iya Leta gusubira muri uwo mujyi, nyuma y’igihe barawuhunze.


