President-Salva-Kiir-meets-with-UN-peacekeeping-chief-Jean-Pierre-Lacroixon-October-17-2025-1-802x485

Ingengo y’imari igenewe UNMISS yagabanyijweho 15%

Sangiza iyi nkuru

Umuyobozi w’Umuryango w’Abibumbye ushinzwe ibikorwa byo Kubungabunga Amahoro, Jean-Pierre Lacroix, kuwa Gatanu yabonanye na Perezida wa Sudani y’Epfo, Salva Kiir, kugira ngo baganire ku bibazo bya politiki byiyongera ndetse n’ingaruka z’ingengo y’imari ingana na 15% yagabanijwe ku butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri iki gihugu, nk’uko umuvugizi yabitangaje.

Lacroix, washoje uruzinduko rwe muri Sudani y’Epfo kuwa Gatandatu, yibanze ku kuganira na Perezida Kiir, abaminisitiri bakuru, ndetse n’abadipolomate bakorera muri iki gihugu ku ntambwe ikenewe kugira ngo amahoro agerweho, nk’uko byatangajwe na Stéphane Dujarric, Umuvugizi w’Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye.

Ingingo nyamukuru y’ibiganiro ni ikibazo cy’amafaranga muri Loni, kizahatira Ubutumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Sudani y’Epfo (UNMISS) kugabanya amafaranga azakoreshwa muri uyu mwaka w’ingengo y’imari.

Lacroix yasabye inkunga y’abategetsi ba Sudani y’Epfo kugira ngo bafashe kugabanya ingaruka z’ikibazo cy’imikorere ku bikorwa by’ubutumwa nk’uko bitangazwa na Sudan Tribune.

N’ubwo hari ibibazo by’amafaranga, Lacroix yongeye gushimangira ko UNMISS izakomeza imbaraga zayo mu kurinda abaturage no gushyigikira ishyirwa mu bikorwa ry’amasezerano y’amahoro.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *