Ingona ya rutura bivugwa ko imaze gutwara ubuzima bw’abantu barenga 300 mu Burasirazuba bwa Afurika, birakekwa ko yaba yarapfuye nyuma y’igihe yaraburiwe irengero.
Iyi ngona izwi nka Gustave yamamaye mu kurya abantu, ishinjwa kugira uruhare mu mfu z’ababarirwa mu magana y’abaturage b’u Burundi.
Iyi ngona bivugwa ko ipima toni irenga y’uburemere na metero esheshatu z’uburebure.
Bivugwa ko n’abahigi b’abanyamwuga batinya Gustave, kubera ko iyo yigaragaje abatari bake bayibera ifunguro.
Ikinyamakuru LADbible kivuga ko abahanga mu byasiyansi bamaze imyaka myinshi bakora ubushakashatsi kuri iki gikururanda bikekwa ko kimaze ku Isi imyaka iri hagati ya 100 na 60.
Hari amakuru avuga ko iyi ngona y’inyabigwi yarashwe inshuro eshatu n’abahigi bashakaga kuyifata, gusa muri zo nshuro zose ikarokoka ndetse ikanakira inkovu z’amasasu.
Izina ‘Gustave’ iyi ngona yarihawe n’umuhigi Patrice Faye w’Umufaransa, wamaze imyaka myinshi mu Burundi ashakisha uko yayifata kugira ngo ayikoreho ubushakashatsi.
Muri 2002 Faye yakoze umutego muremure washoboraga kwikorerwa n’abagabo 40, gusa Gustave ntacyo yari ifite cyo kuvugana na wo.
Icyo gihe Faye yabwiye BBC ati: “Twashyize umutego mu Ruzizi [uruzi rwa Rusizi], dushyiramo ikiyireshya imbere hanyuma tumara ijoro ryose mu ruzi dufite Camera. Nyamara twaratsinzwe rwose! Ingona yarimo irazenguruka hanze y’umutego iradusebya, ntitwashoboye kuyifata.”
Abajijwe ku bunini bw’iriya ngona uyu Mufaransa yavuze ko ari “nini cyane. Ikubye inshuro eshatu izindi ngona ziba mu Burundi. Ntabwo yihuta cyane kandi ntishobora kurya ibyo izindi ngona zo mu Burundi zirya, nk’amafi n’inyamabere nto. Yataka umuhigo ugenda gahoro biyorohera gufata.”
Muri make ingona Gustave ikunda guhiga abantu nk’uko uriya muhigi yabitangarije BBC.
Icyegeranyo Faye yise “Capturing Killer Croc” akagisohora muri 2014, kigaruka birambuye ku buryo yagerageje gufata kiriya gikururanda.
Avuga ko mu mezi atatu yamaze agerageza gufata iriya ngona, yari imaze kurya abantu 17.
Ati: “Narabaze nsanga mu myaka 20 iyo iza kuba yica abantu kuri ruriya rugero, yakabaye yarariye abarenga 300.”
Magingo aya ntibizwi niba Gustave yaba ikiriho cyangwa yarapfuye, gusa ikiriho ni uko ibigwi byayo mu kurya abantu bitazasibangana, binajyanye n’uko nta munyabigwi upfa.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV



6 Responses
Burundi: Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurya abarenga 300
AKA NAKUMIRO
Burundi: Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurya abarenga 300
AKA NAKUMIRO
Burundi: Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurya abarenga 300
Uyu Patrice Faye ni we se wa Gaël Faye. Ese yaba akiriho? Ababizi muzatubwire.
Burundi: Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurya abarenga 300
Uyu Patrice Faye ni we se wa Gaël Faye. Ese yaba akiriho? Ababizi muzatubwire.
Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurira abarenga 300 mu ruzi rwa Rusizi
En 2020, il habite au Togo
Ingona ya rutura ‘Gustave’ imaze kurira abarenga 300 mu ruzi rwa Rusizi
En 2020, il habite au Togo