Intambara niba ari yo Guverinoma ya RDC ishaka tuzayirwana: Gen Makenga

Sangiza iyi nkuru

Gen Sultani Makenga ukuriye Igisirikare cy’umutwe wa M23, yatangaje ko bazi “icyo gukora” mu gihe Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo izaba yongeye kubashozaho intambara.

Kuri ubu amezi amaze kugera muri ane nta mirwano isakiranya Ingabo za Congo (FARDC) na M23.

Ni nyuma y’uko uyu mutwe wubahirije ibyemezo by’inama ya Luanda yo mu Ugushyingo 2022 ukemera kuva muri tumwe mu duce wahoze ugenzura.

M23 yemeye kuva muri utwo duce two muri za Teritwari za Rutshuru, Masisi na Nyiragongo; nyuma yo kwizezwa ko Guverinoma y’i Kinshasa izemera bagahurira ku meza y’ibiganiro.

Kuva Gen Makenga n’Ingabo ze bavuye muri turiya duce cyakora nta biganiro byigeze bibaho, ndetse bivugwa ko Ingabo za Congo zaciye M23 zikajya mu duce yemeye kuvamo.

Ni uduce mu busanzwe byari byitezwe ko tugomba kugenzurwa n’Ingabo z’ibihugu bya Kenya, u Burundi na Uganda zoherejwe mu butumwa bwa EAC bwo kugarura amahoro muri RDC (EACRF).

Gen Sultani Makenga mu kiganiro n’umunyamakuru Kakule George, yavuze ko ibikorwa n’Ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo nka M23 babizi ndetse bakaba babikurikiranira hafi.

Yavuze ko Guverinoma y’i Kinshasa imaze igihe yamamaza intambara, gusa avuga ko ari ahayo ho guhitamo niba ishaka amahoro cyangwa intambara.

Yagize ati: “Twamenye ko bazoberewe kwamamaza intambara, ariko M23 irahari, mu gihe bazaba barangije imikino yabo, M23 turiteguye, tuzi icyo gukora. Twebwe turi abanyamahoro, dushaka amahoro, ibyo bashaka ni byo tuzakora, niba bashaka amahoro, twembi tuzaharanira amahoro, niba bashaka intambara, ubwo tuzarwana.”

Gen Makenga yanashimangiye ko n’ubundi intambara M23 irwana na FARDC ari iyo iba yashojweho.

Yavuze ko Guverinoma ya Congo kuri ubu yananiwe kuyobora igihugu, ihitamo guteza ibibazo ku baturage bayo.

Ni Makenga ushinja ubutegetsi bw’i Kinshasa “gufata igihugu nk’akarima kabo ndetse no gufata abaturage nk’abacakara babwo.”

Yunzemo ko abayoye RDC “akazi kabo ni ugusahura igihugu, kwiba abaturage barangiza bagashaka inzitwazo”, avuga ko abantu badashobora kwihanganira ko “ubucucu nk’ubwo” bukomeza.

Ati: “Twebwe turarwanira ko abantu bose bagira amahoro, turarwanira ubutabera ku bantu bose, turarwanira ko abantu bose bareshya, ariko i Kinshasa nibadushozaho intambara tuzakora iki? Tuzarwana.”

Gen Makenga yatangaje ibi mu gihe Lt Col Alfred Musubao Muriro wa M23 na we aherutse gutangaza ko bafite amakuru y’uko abarwanyi ba FDLR isanzwe ikorana na FARDC bitegura kugaba ibitero kuri M23.

Uyu musirikare yavuze ko “umwanzi” bahanganye nta mbaraga afite, bityo ko natera ibirindiro bya M23 uyu mutwe witeguye kurwana na we.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *