Intambara y'ibitutsi by'urukozasoni hagati ya Trump na Kim yaba igana ku musozo

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’igihe kitari gito mu bitangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga bitandukanye hagaragara ibitutsi n’uguhangana hagati ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump na Kim Jon-un wa Koreya ya Ruguru, kuri ubu bitangazwa ko umwe yandikiye undi ibaruwa yiswe ishimishije.

Igitangazamakuru cya leta ya Koreya ya Ruguru gitangaza ko Kim Jong-un, yabonye ibaruwa yandikiwe na Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe zA Amerika. Bwana Kim yashimagije iyo baruwa avuga ko “ishimishije” ndetse avuga ko “azazirikana ashimitse ibintu by’ingenzi biyikubiyemo”, nkuko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru KCNA bya Koreya ya ruguru.

Yanashimagije Bwana Trump ku “muhate udasanzwe” agira. Bikaba bibaye mu gihe mu mwaka wa 2017 Trump yatutse Kim yitaga umwana, ko ari umusazi wasariye mu bitwaro bya kirimbuzi, undi na we amwita umusazi rukukuri”.

Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa Gatandatu, Bwana Trump yavuze ko yohererejwe ibaruwa nziza n’uyu mutegetsi mukuru wa Koreya ya ruguru.

Ntibyahishuwe igihe n’uburyo iyo baruwa Bwana Trump yandikiye Bwana Kim yamugezeho. Ibiro bya White House bya perezida wa Amerika ntacyo byatangaje.

Ibiganiro hagati y’Amerika na Koreya ya ruguru byarahagaze nyuma y’inama y’abategetsi bombi mu murwa mukuru Hanoi wa Vietnam yabaye mu kwezi kwa kabiri uyu mwaka, ikarangira ntacyo igezeho.

BBC itangaza ko iyi baruwa ni cyo kintu cya mbere cy’ingenzi kibaye hagati y’ibihugu byombi guhera icyo gihe.

Amerika yakomeje gushimangira ko Koreya ya ruguru igomba kureka gahunda yayo ya nikleyeri, mu gihe Koreya ya ruguru yo isaba ko ibanza ikadohorerwa ibihano yafatiwe.

Ariko mu mezi ya vuba ashize, Bwana Trump yumvikanye avuga neza Bwana Kim.

Mu ntangiriro y’uku kwezi kwa gatandatu, yabwiye abanyamakuru ko Koreya ya ruguru ku butegetsi bwa Bwana Kim “ifite ahazaza heza”.

No mu kwezi gushize kwa gatanu ubwo yagiriraga uruzinduko mu Buyapani, Bwana Trump yavuze ko Bwana Kim ari “umugabo w’intyoza” ndetse avuga ko yiteze “ibintu byinshi byiza” biva muri Koreya ya ruguru

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *