Inyeshyamba za ADF zirashinjwa kwica abarwayi bari bari kwa muganga

Sangiza iyi nkuru

Byibuze abasivili batatu, barimo n’umugore, kuri uyu wa Gatandatu, itariki 13 Werurwe, biciwe mu ivuriro mu gitero gishya cyitiriwe inyeshyamba za ADF (Allied Democratic Force) mu mudugudu wa Kalalangwe, uherereye mu majyaruguru y’iburengerazuba bw’Umujyi wa Mamove, mu burengerazuba bwa Oicha, muri Teritwari ya Beni, muri Kivu y’Amajyaruguru, mu gihe abandi benshi baburiwe irengero.

Nk’uko byatangajwe na Kinos Katuho, perezida wa sosiyete sivile i Mamove, watangarije aya makuru ACTUALITE.CD, ngo abishwe ni abarwayi bari mu ivuriro ryaho, bicishijwe imihoro n’amasasu muri iki gitero cyagabwe saa cyenda z’amanywa.

“Tutibagiwe n’izo mpfu, turashimira ingabo zakoze ibirometero 20 n’amaguru, ziva mu kigo cya Mamove zerekeza Kalalangwe kuza gusubiza inyuma abateye. Kubera uku gutabara ntabwo hangiritse byinshi.”

Iyi nkuru isoza ivuga ko imibare ishobora kuzamuka kubera ko hari abandi bantu benshi bashimuswe n’izo nyeshyamba za ADF mu giturage cya Mutuweyi gituranye n’icyagabwemo ibitero.

Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *