Iran: Igitero ku karasisi ka gisirikare cyaguyemo benshi barimo abasivili

Sangiza iyi nkuru

Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatandatu, itariki 22 Nzeri mu gihugu cya Iran hagabwe igitero ku karasisi ka gisirikare mu Mujyi wa Ahvaz, mu majyepfo y’uburengerazuba bw’iki gihugu. Abantu 11 nibo bamaze kumenyekana bishwe.

Ibinyamakuru byo muri Iran mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatandatu byatangiye gukwirakwiza amafoto y’abantu bakomeretse ndetse n’ay’iki gitero ubwacyo kuko cyagabwe aka karasisi kari guca ku mateleviziyo yo muri uyu mujyi wa Ahvaz. Muri aya mashusho hagaragayemo uko igitero cyagenze hakoreshwa imbunda zo mu ntoki.

ir
Abari mu karasisi bahise bajya hasi

Ibi binyamakuru biravuga ko hapfuye abasirikare benshi, ariko Ibiro Ntaramakuru, IRNA, byanavuze ko hapfuye abasivili benshi nubwo hatatangajwe umubare wabo. Mu bapfuye ngo haba harimo n’umunyamakuru wo muri uyu mujyi wa Ahvaz.

Visi guverineri w’uyu mujyi yavuze ko hanakomeretse abantu bagera muri 30 barimo umwana n’umugore. Ku mashusho yagaragajwe n’itangazamakuru rya Iran hagaragaramo umwana wakomeretse ava amaraso ateruwe n’umusirikare.

ira7

Uyu visi guverineri yakomeje avuga ko abateye bari bane, babiri bakaba bishwe mu gihe abandi batawe muri yombi n’abashinzwe umutekano. Aba bateye ngo bakaba bari bihishe inyuma y’ibiti muri pariki mbere yo kurasa ku basirikare n’abasivili bitabiriye aka karasisi.

iran3

Ni igitero bikekwa ko cyagabwe n’agatsiko k’abahezanguni bo muri Iran

Akarere ka Khouzestan, gaherereye ku mupaka wa Irak ngo gatuwe nab a nyamucye b’Abarabu b’ingenzi. Abayobozi bakaba bavuga ko igitero cyagabwe n’abagize agatsiko k’abahezanguni b’Abarabu bo muri iki gice, bamaze imyaka myinshi bagaba ibitero ku ngabo za leta.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran, Mohammad Javad Zarif, we aratunga urutoki amahanga ashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, arimo igihugu cya Arabia saoudite n’ibindi bihugu by’inshuti bifitanye amakimbarane yeruye na Iran.

 

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *