maxresdefault

Iran irigamba intsinzi nyuma y’aho Amerika ihagaritse “Project Freedom” mu Muhora wa Hormuz

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, kuri uyu wa Kabiri nimugoroba yatangaje ko igikorwa cya gisirikare cyo kuyobora amato yaheze mu Kigobe cy’Abarabu akanyura mu Muhora wa Hormuz, kizaba gihagaritswe by'”igihe gito”, ibintu Iran ifata nk’intsinzi.

Perezida Trump yavuze ko icyo gikorwa cya gisirikare, cyiswe “Project Freedom”, cyatangiye ku wa Mbere, kizahagarikwa ku bw'”amasezerano y’impande zombi” kuko “intambwe ikomeye cyane” yatewe yerekeza ku kugirana amasezerano na Iran.

Ku rundi ruhande ariko nk’uko tubikesha BBC, ibinyamakuru bya Leta ya Iran byasobanuye ibyo nk’intsinzi, bivuga ko uko guhagarika icyo gikorwa bigaragaza ko Trump “yasubiye inyuma”, nyuma yo “gukomeza kunanirwa” kongera gufungura uwo muhora w’ingenzi cyane mu bucuruzi mpuzamahanga bunyura mu mazi magari

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *