Ubwongereza butangaza ko Iran yafatiye ubwato bwayo bwitwa Stena Impero mu gace kitwa Ghuba bityo bakaba batakibasha kumenya aho buherereye.
Umunyamabanga wa Leta w’Ububanyi n’Amahanga na Commowealth w’Ubwongereza, Jeremy Hunt atangaza ko Iran nitarekura ubu bwato biri butume haba ikintu kitari cyiza.
Yagize ati “ Biriya bintu ntibyemewe. Tuzi neza ko iki kibazo kitazakemuka mu buryo bworoshye. Hazaba ibibazo bikomeye.”
Yakomeje agira ati “ Ntidushaka kugikemuza intambara. Twifuza gukoresha inzira za dipolomasi.”
Hunt nk’uko BBC dukesha iyi nkuru ibitangaza, yavuze ko mu bafashwe bugwate nta Mwongereza urimo ko ahubwo abakora muri ubu bwato bakomoka mu bihugu bitandukanye.
Yavuze ko Ambasaderi w’Ubwongereza muri Iran ari mu biganiro n’iki gihugu ngo harebwe uko iki kibazo cyava mu nzira.
Iran ivuga ko ubwato bw’Abongereza bwari mu makosa kuko bwinjiye ku mupaka aho bwagasohokeye, bwari bwajimije GPS ndetse ko bwishe nkana amabwiriza.
[penci_related_posts dis_pview=”no” dis_pdate=”no” title=”Izindi nkuru wasoma” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”list” align=”none” withids=”” displayby=”recent_posts” orderby=”rand”]
Kugeza ubu umutekano w’abari muri ubu bwato ntuzwi uko uhagaze.


