Minisitiri w’ububanyi n’amahanga wa Iran yatangaje ko Umuhora wa Hormuz “ufunguye byuzuye mu gihe gisigaye cy’agahenge”.
Mu butumwa yashyize ku rubuga X, Minisitiri Abbas Araghchi yagize ati: “Bigendanye n’agahenge muri Liban, inzira ku mato yose y’ubucuruzi mu muhora wa Hormuz dutangaje ko ifunguye byuzuye mu gihe gisigaye cy’agahenge…”
Nyuma y’ubwo butumwa Perezida Donald Trump yahise abusubiramo yongeraho ati: “Murakoze”.
Mu ntangiriro z’iki cyumweru Amerika yatangaje gufunga ibyambu byose bya Iran biri ku muhora wa Hormuz mu kwihimura ku kuba Iran yarafunze uyu muhora nyuma y’uko itangiye kuraswaho.
Agahenge k’ibyumweru bibiri hagati Iran na Amerika kazarangira tariki 22 z’uku kwezi kwa Mata.
Nyuma y’iki gikorwa cyo gufungura Umuhora wa Hormuz, biravugwa ko ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli bimaze kugabanyukaho 10% ku isoko mpuzamahanga.


