Leta ya Iran iremera ko ingabo zayo zibeshye zikarasa indege itwara abagenzi ya Ukraine ku wa 8 Mutarama 2020, abantu 176 barimo bose bahatakariza ubuzima. Ihanurwa ry’iyi ndege ryajyanye n’iraswa rya misile zirenga 12 ku birindiro by’ingabo za Leta Zunze Ubumwe z’America muri Iraq. Muri iryo joro iyi ndege ya Boeing 787-800 yarasiwemo, byatangiye byitwa impanuka gusa hari abatangiye kubisanisha n’ibitero bya Iran bigamije kwihorera ku rupfu rw’umusirikare wabo, Gen. Qassem Soleimani wiciwe ku kibuga cy’indege cya Baghdad muri Iraq tariki ya 3 Mutarama. Abatangajwe bari muri iyi ndege ni Abanya-Iran 81, Abanyakanada 63, Abanya-Ukraine 11, Abanya-Suwede 10, Abanya-Afghanistan 4, Abadage 3, n’Abanya-Ecosse 3. Byabanje kuvugwa ko bitewe n’umwuka mubi wari hagati y’America na Iran, iyi ndege yibeshyweho, batakereza ko ari gatumwa. Mu nkuru y’ibiro ntaramakuru by’Abafaransa, AFP, Perezida wa Iran, Hassan Rouhani ati: ” Repubulika ya Iran ibabajwe cyane n’iri kosa rikomeye. Iperereza ryakozwe n’ingabo z’igihugu ryasanze harabayeho kwibeshya, hakaraswa misile yateye impanuka y’urupfu rw’abantu 176 bari mu ndege.” Ikigo cy’igihugu muri Iran gishinzwe indege za gisivile cyari cyahakanye ko Iran yarashe iyi ndege, byatangajwe ko leta ya Iran yari yanze gutanga agasanduku k’umukara (kagaragaza icyateye impanuka). Iran yari yatumiye Amerika, Ukraine Canada n’ibindi bihugu ngo bafatanye gukora iperereza, none igisirikare gishize hanze ukuri. Nyuma y’urupfu rwa Gen. Qassem, Iran yari yarahiye ko izamuhorera, America na yo ikomeza kugaragaza ko yiteguye urugamba mu gihe hakorwa ikibangamiye inyungu zayo. Byagiye bitangazwa cyane na Perezida Donald Trump wanenzwe ko yaba ashaka gukururira isi ibyago. Nyuma y’iki gitero ku birindiro by’ingabo z’America muri Iraq, Trump yagejeje ijambo ku baturage be, avuga ko ibihugu byombi byagira ibiganiro by’amahoro, gusa yemeza ko ibihano ku bukungu bwa Iran bizongerwa. Iran yavuze ko ibi biganiro bitashoboka mu gihe igishyirirwaho ibihano.


