Kuwa Gatandatu tariki ya 9 Kamena 2018, ni bwo u Bufaransa bwakiriye irushanwa mpuzamahanga ry’abafite ubwanwa burebure, ubusokoje neza n’ibindi bitandukanye.
Iri rishanwa ryabereye mu mujyi wa Paris mu Bufaransa, ryari ryitabiriwe n’abantu bagera kuri 60 baturutse mu mijyi itandukanye, hakaba harabonetsemo abafite ubwanwa bufite santimeter zisaga 20 z’uburebure, abazi gusokoza kurusha abandi.
Aba ni bamwe mu bari bitabiriye iri rushanwa rwabaye ku nshuro ya kabiri muri kiriya gihugu ryari ryitabiriwe n’abafana batari bacye.












