Uwa 7 Nyakanga 2019, wari umunsi w’ibyishimo bihuriranye kuri Diamond Platinumz wizihize isabukuru y’umubyeyi we, Sabura Kasimu n’umukunzi Tanasha Donna. Ibi birori byitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye, cyane abahanzi bakorera umuziki mu nzu ya Wasafi.
Se wa Diamond, Abdul Juma ari mu bitabiriye ibi birori by’umukazana n’uwahoze ari umugore we. Abandi bitabiriye harimo Harmonize na Mbosso bahuriye muri WCB, Amber Lulu, Sallam SK, Jokate Mwegelo, Shilole.
Muri ibi birori byabereye mu cyumba cya Mlimani City mu murwa wa Dar es Salam, habaye udushya dutandukanye.
Diamond yakoze ku nda ya Tanasha Donna, yemereza mu ruhame ko atwite. Umwana Tanasha atwite azaba ari uwa kane wa Diamond.
Kuba Abdul Juma yitabiriye ibirori bya Sanura Kasimu baratandukanye na byo byavuzweho cyane. Kuva kera, Diamond na nyina bavuze ko Abdul yabataye ubwo bari bakiri abakene muri Tandale.
Umuhanzi Gigy Money yanze gusoma umukunzi we ku mugaragaro. Amashusho agaragaza uyu mukobwa utari umunyatanzania ashaka gusoma Gigy ariko we aramwitegereza ngo arebe uko bigenda.
Amafoto:












Amashusho:


