Ikipe ya FC Barcelona yahaye isezerano rikomeye umunya-Norvège, Braut-Erling Haaland ikomeje kurwanira n’amakipe y’ibigugu; arimo na mukeba wayo Real Madrid.
Ejo ku wa Kane ni bwo abahagarariye uyu rutahizamu w’imyaka 20 y’amavuko barimo Mino Raiola usanzwe ari umu-Agent we ndetse na se umubyara, Alf-Inge Haaland; bagiranye ibiganiro na Perezida wa FC Barcelona, Joan Laporta.
Nyuma yo kurangiza ibi biganiro bahise bafata indege yabo bwite (Jet privé), bava mu mujyi wa Barcelona berekeza i Madrid aho bari berekeje mu biganiro na Florentino Perez uyobora Real Madrid nanone bigamije kureba ko Real Madrid yaba yujuje ibisabwa kugira ngo yegukane uriya mukinnyi.
Ikinyamakuru Dailymail cyavuze ko kuri uyu wa Gatanu Mino Raiola na se wa Haaland bategerejwe mu gihugu cy’Ubwongereza, aho bagirana ibiganiro n’amakipe ya Manchester City, Manchester United, Chelsea na Liverpool; na yo yifuza uriya rutahizamu.
Mu busanzwe Haaland akinira ikipe ya Borussia Dortmund yo mu Budage, bikavugwa ko iyi kipe yifuza gufata amafaranga atari munsi ya miliyoni 150 z’ama-Euro kugira ngo irekure uriya mukinnyi.
FC Barcelona yamaze gutanga isezerano ryayo
Ibinyamakuru byandika imikino muri Espagne birimo SPORT na Mundo Deportivo byandikirwa i Catalunya, bivuga ko n’ubwo Haaland yifuzwa n’amakipe arenga atanu y’ibigugu we yifuza gukinira imwe mu makipe hagati ya FC Barcelona na Real Madrid.
Umunyamakuru Fabrizio Romano wa SKY Italia we avuga ko ibiganiro Mino Raiola na se wa Haaland bari kugirana n’amakipe, bigamije kumva icyo ateganyiriza uriya musore, bigahera ku mishinga y’igihe kirekire amakipe afite, amafaranga yifuza kumutangaho ndetse n’umushahara yifuza kuzaha uriya musore.
Amakuru avuga ko Perezida Joan Laporta wa FC Barcelona yemereye abahagarariye Haaland ko ibijyanye n’amafaranga yo kumugura atari ikibazo.
Irindi sezerano FC Barcelona yatanze ni iry’uko Haaland aramutse aje muri iriya kipe yahita aba umukinnyi wa kabiri uhembwa amafaranga menshi, nyuma ya Lionel Messi.
Laporta kandi yatanze isezerano ry’uko yifuza kubakira FC Barcelona kuri Messi na Haaland, hanyuma mu gihe Lionel Messi yaba agiye Erling Haaland agasigara ari we iriya kipe yubakiyeho.
Braut-Erlinga Haaland amaze umwaka umwe muri Borussia Dortmund, nyuma yo kuyigeramo muri Mutarama 2020 avuye muri Salzburg yo muri Autriche.
Uyu rutahizamu amaze gutsindira iriya kipe ibitego 49 mu mikino 49 amaze kuyikinira mu marushanwa atandukanye.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


