Ishyaka rya UDPS (Union pour la Démocratie et le Progrès Social), rimwe mu atavuga rumwe na Leta ya Congo, ritangaza ko iki gihugu kititeguye amatora y’umukuru w’igihugu ateganyijwe mu Ukuboza.
UDPS riza ku isonga mu mashyaka atavuga rumwe na Leta, umuvugizi waryo, Augustin Kabuya aganira na AFP ku wa kabiri tariki ya 30 Ukwakira 2018, nibwo yatangaje ko igihugu cyabo kititeguye amatora azaba ku itariki ya 23 Ukuboza 2018.
Ishyaka UDPS ryatangaje ibi nyuma y’umunsi umwe igisirikare cya Congo giteye inkunga akanama k’amatora y’amakamyo abarirwa mu magana ndetse n’indege zibarirwa mu macumi, mu gutunda ibikoresho bizifashinshwa mu matora.
Kabuya yagize ati “Amakamyo ijana na mirongo itanu ntabwo ashobora gukwira igihugu cyacu kinini gutya, kitanafite ibikorwaremezo nk’imihanda”.
Kabuya yavuze ko inkunga y’amakamyo, indege nini na za kajugujugu byatanzwe ku wa mbere, cyari “igikorwa cy’ikinamico” avuga ko cyari kigamije kwereka amahanga ko amatora ya perezida yimirije ari ayo kwizerwa.
Ati “turabizi ko Corneille Nangaa [umukuru w’akanama k’amatora ka Congo] atiteguye gukoresha amatora ku itariki ya 23 z’ukwezi kwa cumi na kabiri”.
Félix Tshisekedi, umukuru w’ishyaka UDPS, ni umwe mu bakandida-perezida 21 bemejwe n’akanama k’amatora ka Congo.
Mur[penci_related_posts taxonomies=”undefined” title=”Inline Related Posts” background=”” border=”” thumbright=”no” number=”4″ style=”grid” align=”none” displayby=”recent_posts” orderby=”random”]i uwo muhango wo gutanga inkunga ku wa mbere, abategetsi ba Congo bavuze ko aya matora ya perezida yasubitswe mu mwaka wa 2016 no mu mwaka ushize wa 2017, azaba nta gisibya kandi ko nta nkunga y’amahanga Congo icyeneye.
Amatora yabanje yo mu myaka ya 2006 na 2011, yahawe imfashanyo y’ibikoresho n’umuryango w’abibumye.
Mu kwezi kwa cyenda, Perezida Joseph Kabila yabwiye Inteko y’Umuryango w’Abibumbye ko azarwanya “igikorwa icyo ari cyo cyose cyo kwivanga mu bikorwa by’amatora”, avuga ko amafaranga azakoreshwa mu matora azatangwa na Leta ya Congo ubwayo.


