f723811bfb8c4419a9766bfb2ffce62c.jpg

Israel: Imyigaragambyo isaba Minisitiri w’Intebe Netanyahu kwegura irakomeje

Sangiza iyi nkuru

Kuri iki Cyumweru, itariki 20 Nzeri, Abanya-Israel ibihumbi n’ibihumbi basubukuye imyigaragambyo yabo ya buri cyumweru hanze y’urugo rwa Minisitiri w’Intebe Benjamin Netanyahu ruherereye i Yeruzalemu rwagati, aho bakomeje kumusaba kwegura ku mirimo ye.

Ni imyigaragambyo ya mbere yari ibaye kuva mu gihugu hashyirwaho itegeko rishya ryo guhagarika imirimo kubera icyorezo cya Covid-19.

Igihugu cya Israel mu byumweru bibiri bishize nicyo cyagize ubwiyongere bw’abantu benshi banduye icyorezo cya Covid-19 kurusha ibindi bihugu bituma hashyirwaho amategeko mashya yo guhagarika imirimo kuwa Gatanu ushize.

Iyi myigaragambyo kandi yahuriranye n’umunsi wa mbere w’ibihe by’ibiruhuko ku Bayahudi, yateje ikibazo mu Bayahudi b’aba-Orthodox nk’uko iyi nkuru dukesha VOA ikomeza ivuga.

f723811bfb8c4419a9766bfb2ffce62c.jpg

Mu gihe cy’ibyumweru bitatu, Abanya-Israel bemerewe kugera mu ntera itarenze ikilometero kimwe, baba bagiye kwishimisha, guhaha, kwivuza cyangwa bajya mu bindi bintu bya ngombwa.

Mu mezi ashize Israel yagerageje gufata ingamba zitandukanye zo gutuma ibikorwa byose bidahagarara mu gihugu ariko ntibyakunda kuko hari ababirwanyije.

Kaminuza ya John Hopkins yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ikaba ivuga ko abantu basaga 187,900 banduye Covid-19 muri Israel, mu gihe abasaga 1,250 bamaze guhitanwa n’iki cyorezo.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *