Ali-Larijani-secretary-of-supreme-national-security-council-tehran-november-2024

Israel irigamba kwica undi muyobozi mukuru mu by’umutekano muri Iran

Sangiza iyi nkuru

Umwe mu bayobozi bakuru mu by’umutekano muri Iran, Ali Larijani, yiciwe mu bitero byabaye mw’ijoro rishyira kuwa Kabiri, nk’uko byatangajwe na Minisitiri w’Ingabo wa Israel, Israel Katz.

Katz yemeza ko bazakomeza “guhiga” abayobozi b’ubutegetsi bwa Iran nk’uko inkuru dukesha BBC ivuga.

Ku mafoto yasohowe n’ibinyamakuru byo muri Iran no ku mbuga za Telegram na X za Ali Larijani, hagaragara ubutumwa bwandikishijwe intoki, n’ubwo nta saha cyangwa itariki bwandikiweho, ibinyamakuru bya Leta bivuga ko ari ubw’ejo hashize.

Minisitiri Katz yavuze ko umukuru wa Basij, Gholamreza Soleimani, na we yishwe, ashimira ibikorwa by’iperereza n’Igisirikare cya Israel kirwanira mu kirere kuri icyo gikorwa.

Umwe mu bategetsi b’Igisirikare cya Israel yemereye BBC ko Larijani yatewe.

Leta ya Iran ntacyo iratangaza ku bivugwa na Israel.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *