Itangazamakuru ryatangiye gukomanyiriza ‘Onana’Ufatira Manchester Utd

Sangiza iyi nkuru

Itangazamakuru ryatangiye kugaragaza inenge ribona ku munyezamu Andre Onana ukomeje kugenda yitwara nabi mu mikino iyi kipe ikomeje gukina by’umwihariko muri shampiyona y’abongereza.

Umunyamakuru ukomeye Jones yabwiye GIVEMESPORT ko adashimishijwe nibyo yabonye kugeza ubu, yatangaje ko United ishobora kuza kwicuza kuba yarasinyishije uyu mukinnyi ukomoka muri Cameron.

Ati: “Ntabwo mbona ko Onana rwose ari kuzamura urwego kurenza De Gea, oya. Ndatekereza ko iki ari ikibazo gikomeye kuri Ten Hag agomba gukemura.De Gea yari umuzamu mwiza ugereranije na Onana ntaho bahuriye.

Ibyo uyu munyamakuru ashingiraho mu gihe Onana amaze afatira Man Utd, ni ibitego amaze kwinjizwa n’imikino yose amaze kutsindwamo.Umukino Arsenal iherutse gutsindamo Man U, ni umwe mu yasembuye abakunzi b’iyi kipe bakavuga ko Onana adakwiye gukomeza kubanza mu izamu.

Ni mu gihe kuri uyu wa Gatatu hateganijwe umukino uribuhuze Manchester United na Buyern Munich mu irushanwa rya UEFA champions League ari nabwo uyu Onana asa nutezweho kwigaragaza cyangwa agatakarizwa n’icyizere cyari gisigaye.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *