Abatavuga rumwe na Leta y’u Burundi barasaba ko Itegeko Nshinga riherutse gutorwa mu kwezi kwa Karindwi riseswa mbere y’uko amatora yo mu 2020 aba.
Babitangaje ku wa Mbere tariki ya 29 Ukwakira 2018, ubwo hasozwaga ibiganiro bibahuza na Leta itigeze yitabira, i Arusha muri Tanzania.
Abo banyapolitiki bashyikirije umuhuza mu biganiro, Benjamin Mkapa, icyegeranyo gikubiyemo ibyo bifuza kuri Leta, birimo gusesa Itegeko Nshinga baherutse gutora ndetse no kuvanaho Komisiyo Ishinzwe Amatora mu Burundi.
Basabye kandi ko hateshwa agaciro impapuro zisaba guta muri yombi abasaga 30, bashinjwa kugira uruhare mu mvururu zo mu 2015 ndetse zanakurikiwe n’igerageza rya kudeta.
Ikindi abo banyepolitike batavuga rumwe na Leta y’u Burundi basaba, ni itahuka ry’impunzi zahunze imvururu zo mu 2015, bavuga ko zigera ku bihumbi 450.
Nk’uko BBC ibitangaza, ngo umuhuza Mkapa yavuze ko agiye gufata icyo cyegeranyo agifatanye n’icy’ishyaka riri ku butegetsi n’andi mashyaka yishyize hamwe naryo, cyasohorewe mu Kayanza i Burundi, nyuma ngo azakora icyegeranyo rusange agishyikirize umuhuza mukuru, Perezida Yoweri Museveni.
David Kapya wunganira umuhuza, yagize ati: “Bakoze iminsi itanu, batanga mu gitondo icyegeranyo bumvikanyeho kirimo ibitekerezo by’icyo gukora mu kurangiza amakimbirane ya politiki mu Burundi.
Umuhuza yashimye kuba bashoboye gukora nk’ishyaka rimwe. Kuva ubu, umuhuza agiye guhuza icyegeranyo afite nicyo yahawe mu gitondo nyuma atunganye icyegeranyo azaha umuhuza Yoweri Museveni.”
Abamaze iminsi mu biganiro bya nyuma bari mu mashyaka itavuga rumwe n’ubutegetsi, bashyize umukono kuri icyo cyegeranyo basohoye batitaye ku mashyaka baturukamo.
Leta y’u Burundi yanze kwitaba ibyo biganiro, isobanura ko hari ibyo yari yasabye umuhuza bitakurikijwe, nko kwimurira ibiganiro mu kwa cumi na kumwe kandi nabwo ikabanza guhabwa urutonde rw’abatumirwa, ibyo umuhuza mu biganiro William Mkapa akaba atarabyemeye, afata umwanzuro wo gukomeza ibiganiro.


