Urukiko rukuru rwo muri Kenya rwatesheje agaciro itegeko rya Perezida William Ruto ryo gukata ku mushahara mbumbe wa buri mukozi wa Leta amafaranga 1.5% kugira ngo ashyirwe muri gahunda yo gufasha abaturage kubona inzu zijyanye n’ubushobozi bwabo.
Iyi gahunda yatangiye muri Nyakanga 2023, gusa ntiyavuzweho rumwe mu Banyakenya kuko hari abavugaga ko ari umutwaro ku bakozi. Umunyapolitiki utavuga rumwe n’ubutegetsi, Raila Odinga, we yateguye imyigaragambyo igamije kuyamagana.
Iki kibazo cyagejejwe mu rukiko n’abarimo Senateri Okiya Omtatah, barusaba gutesha agaciro iri tegeko rya Perezida Ruto. Nyuma y’ubusesenguzi, kuri uyu wa 28 Ugushyingo 2023 abacamanza barwo batatu: Lawrence Mugambi, Christine Meoli na David Majanja, batangaje ko ritubahiriza itegekonshinga kandi ko rivangura abakozi, mu gihe abatari aba Leta bo badakatwa.
Uyu mwanzuro wasomwe na Majanja ugira uti: “Gukatwa ku bantu bari mu kazi buzwi, abinjiza mu buryo bundi ntibibarebe biravangura, ntibishyira mu gaciro, nta shingiro bifite kandi binyuranyije n’Itegekonshinga.”
Leta yahawe iminsi 45 yo guhagarika igikorwa cyo gukata umushahara w’abakozi amafaranga y’inzu.


