Amajwi y’agateganyo mu matora Abarusiya barimo yo guhindura itegeko nshinga, yakomoreye Perezida Vladimir Putin kuba yakwiyamamariza izindi manda kugeza mu mwaka wa 2036.
Ibyavuye mu matora bigaragaza ko mu murwa mukuru Moscow no mu tundi duce tugize uburengerazuba bw’u Burusiya, habarurwa amajwi 65%, mu duce tumwe na tumwe abagera kuri 95% ni bo bemerewe gutora.
Aya matora abaye mu gihe cy’icyumweru kimwe akaba ari yo matora afashe igihe gito kubera ingamba zo kwirinda coronavirus, gusa abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Putin bo bakavuga ko iyi ari iturufu igamije kujijisha no kugaragaza ukwegukana intsinzi.
N’ubwo uduce twinshi tw’u Burusiya twatoye ivugururwa ry’Itegeko nshinga ku rwego rwo hejuru,abatavuga rumwe na Leta n’indorerezi zigenga bakomeje gushidikanya ku byavuye mu matora babigereranya n’umukino wa politiki.
anya.
Aganira na Televiziyo ya Leta, Perezida Putin yavuze ko haramutse hatabayeho impinduka ku itegekonshinga, bizaba bisa n’ihurizo ku Barusiya kumenya uwamusimbura ku ntebe. Ati: “Ndababwiza ukuri ko izi mpinduka mu Itegekonshinga zitabayeho mu myaka ibiri, nshingiye ku bunararibonye bwanjye, buri wese azaba areba hirya no hino ushobora kuba umusimbura.”
Guhera mu mwaka wa 2000, Perezida Putin yayoboye u Burusiya, yongera gutorerwa indi manda muri 2008. Guhera 2008, hayoboye Dmitry Medvedev naho Putin aba Minisitiri w’Intebe. Putin yongeye kuba Perezida w’u Burusiya muri 2012 atorwa atanzweho umukandida na Dmitry wari usoje manda ye.
Kuri ubu, 30% by’amajwi amaze kubarurwa muri yo 74% by’abatoye bemeje impinduka ku itegekonshinga, ziha Perezida Putin kongera kuyobora u Burusiya.


