Kuva kuri uyu wa Mbere, itariki 25 Mata, abantu bagera kuri cumi na batanu barimo abasirikare bakuru ba FARDC bagejejwe imbere y’urukiko rwa gisirikare rw’intara ya Ituri. Ubutabera bwa gisirikare bubakurikiranyeho kugurisha amasasu y’intambara, kugira uruhare mu mitwe yitwaje ibirwanisho no gutunga intwaro mu buryo butemewe n’amategeko.
Uru nirwo rubanza rwa mbere muri Ituri rwerekeye imitwe yitwaje intwaro hamwe n’abakorana nabo kuva hatangira kuyoborwa n’umusirikare hashize hafi umwaka. Urubanza rutangiye kandi mu gihe ibiganiro biri gukorwa hagati ya Guverinoma ya Repubulika ya Demokarasi ya Congo n’imitwe y’inyeshyamba i Nairobi.
Abasirikare umunani barimo liyetona-koloneli na ba majoro batatu, hamwe n’abasivili barindwi, abagore bane n’abagabo batatu bakurikiranyweho icyaha. Iri tsinda ry’abaregwa, bamwe muri bo bakaba bamaze amezi menshi bafunzwe, abandi bakaba baherutse gufatwa, bagomba kwisobanura mu rubanza rubera ku mugaragaro ahitwa tribune officielle de Bunia, umurwa mukuru wa Ituri.
Abenshi muri aba bakekwaho icyaha batawe muri yombi barengeje amasaha yo gutaha abandi bafatirwa mu mukwabu wabaye mu ntara yose. Icyakora, abandi batawe muri yombi nyuma yo kwamaganwa n’abaturage, nk’uko bisobanurwa na Lieutenant Jules Ngongo, Umuvugizi w’ingabo muri Ituri.
Akomeza avuga ko binyuze muri uru rubanza, abayobozi bashaka kuburira abantu bose bakorana n’imitwe yitwaje intwaro ikomeza guteza umutekano muke muri kariya gace k’igihugu.
Urundi rubanza rwabaye mu cyumweru hafi gishize muri Bunia. Abakoloneri babiri ba FARDC na majoro umwe bakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri kubera kunyereza amafaranga yagenewe ingabo ziri mu kazi.


