codeco.jpg

Ituri: Abarimo Lieutenant Colonel bafunzwe bakurikiranweho kugurisha intwaro abarwanyi ba CODECO

Sangiza iyi nkuru

Igisirikare cya Repubulika ya Demukarasi ya Congo, FARDC, gikorera mu ntara ya Ituri, cyatangaje ko cyataye muri yombi abasirikare batanu gikurikiranyeho kugurisha imbunda n’amasasu abarwanyi b’imitwe yitwaje intwaro irimo CODECO.

Amakuru aturuka ku Muvugizi wa FARDC muri Ituri, avuga ko aba basirikare barimo abofisiye bakuru batatu: Lieutenant Colonel umwe na ba Major babiri.

Aba basirikare hamwe n’abandi basivili bafashwe bakurikiranweho gukorana na CODECO bose bafungiwe muri kasho y’igisirikare iherereye muri Teritwari ya Bunia, muri Ituri.

CODECO ni umutwe witwaje intwaro wiganjemo abo mu bwoko bwa Lendu. Ikunze kumvikana mu bikorwa by’ubugizi bwa nabi muri Bunia, aho yica abasivili yifashishije intwaro gakondo nk’imihoro n’ibyuma ndetse n’imbunda.

Uyu mutwe muri Gashyantare 2022 wafashe bunyago intumwa zoherejwe na Perezida Félix Tshisekedi zari zigize itsinda Task Force, kugira ngo zigirane na wo ibiganiro by’amahoro byatuma urambika intwaro.
codeco.jpg
cod2-2.jpg

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *