Ivuguruye: Mino Raiola byari byatangajwe ko yapfuye yatangaje ko ari muzima

Sangiza iyi nkuru

Nyuma y’uko bitangajwe ko Mino Raiola uhagarariye inyungu za benshi mu bakinnyi bakomeye b’umupira w’amaguru ku Isi yitabye Imana kuri uyu wa Kane, uyu mutaliyani yatangaje ko akiri muzima.

Railo usanzwe ari umu-agent wa benshi mu bakinnyi bakomeye ku Isi ashinzwe gushakira amakipe nka Zlatan Ibrahimovic wa AC Milan, Paul Pogba wa Manchester United, Erling Haaland wa Dortmund na Matthjis De Ligt wa Juventus.

Raiola anahagarariye abakinnyi barimo Romelu Lukaku wa Chelsea, Marco Veratti wa PSG, Henrick Mkhitaryan na Mario Balotelli.

Amakuru yaturukaga mu Butaliyani yavugaga ko Raiola w’imyaka 54 y’amavuko yazize uburwayi butatangajwe ndetse no kuba yaherukaga kubagwa.

Muri Mutarama uyu mwaka ni bwo yari yagiye mu bitaro arabagwa.

Ubutumwa bugaragara ku rubuga rwa Twitter rw’uyu mugabo buvuga ko akiri muzima, avuga ko ashobora kuzuka.

Incuti ye ya hafi Jose Fortes Rodriguez yabwiye Associated Press ko Raiola akiri muzima, gusa akaba arembye cyane.

Ikipe ya Real Madrid yo muri Espagne iri muri benshi bari batambukije ubutumwa bwihanganisha umuryango wa Raiola.

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *