Guverinoma ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, imaze kubeshyuza amakuru yari yatangaje ivuga ko ikirunga cya Nyamulagira na cyo cyongeye kuruka.
Minisiteri ya RDC ishinzwe itangazamakuru n’Itumanaho yatangaje ko Nyamulagira itigeze iruka, nyuma yo kohereza hejuru yayo indege yo kugenzura neza ko iruka ryabayeho.
Iyi Minisiteri kuri Twitter yavuze ko “Indege imaze kuzenguruka ibice byose by’agasongero k’ikirunga. Nta ruka ryagaragaye.”
Iyi Minisiteri yakomeje ivuga ko icyagaragaye ari ubwiyongere bw’ibikorwa byo gutwika amakara yo gucana kuri kiriya kirunga, ku buryo byatumye yitiranya umwotsi w’amakara n’umwotsi w’ikirunga.
Minisiteri y’Itumanaho muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ni yo yari yafashe iya mbere mu gutangaza ko Nyamulagira yarutse, gusa ivuga ko amazukulu yasutse ari make.
Umuvugizi wa Guverinoma ya RDC, Patrick Muyaya, na we yari yemeje ko kiriya kirunga cyarutse cyerekeza amazukulu yacyo mu gace kadatuwe ka Tongo gaherereye muri Teritwari ya Rutshuru, atemba yerekeza muri Parike ya Virunga.
Ati: “Ni byo, ikirunga magingo aya kiri kuruka, ariko si mu gice gituwe kandi ntikiri kurukana ubukana buremereye.”
Ikirunga cya Nyamulagira giheruka kuruka muri Nyakanga 2018.
Byari bivuzwe ko iki kirunga cyarutse, nyuma y’icyumweru kimwe icya Nyiragongo bituranye ndetse bikanasangira Pariki y’igihugu ya Virunga na cyo kirutse.
Nyiragongo yarutse ku mugoroba wo ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize, amazukulu yayo ahitana ubuzima bw’abarenga 30, mu gihe imitingito yakurikiye iruka ryayo ndetse n’amazukulu yayo yasize abarenga 20,000 batagifite aho gukinga umusaya.
Magingo aya haracyari urwikekwe rw’uko Nyiragongo ishobora kongera kuruka, ibyanatumye inzego z’ubuyobozi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo zisaba abaturage bo mu mujyi wa Goma kuba bahunze.
Kuva ku wa Kane w’iki cyumweru ababarirwa mu bihumbi 400 ni bo bari bamaze guhunga, ndetse bamwe muri bo babarirwa mu bihumbi bakaba barahungiye mu karere ka Rubavu.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


