Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu wa Mbere yitabiriye inama yiga ku buryo umugabane wa Afurika wakwikorera inkingo zawo za COVID-19.
Ni nyuma y’uko uyu mugabane wakunze kugorwa no kubona inkingo zakozwe n’ibihugu by’Uburayi, bigatuma ibikorwa byo gukingira abaturage bawo bidindira.
Ubutumwa buri kuri Twitter y’Umukuru w’Igihugu buvuga ko “Perezida Kagame ari kwitabira inama iri kuba mu buryo bw’ikoranabuhanga yo kwagura inganda z’inkingo muri Afurika, iyobowe na Perezida Tshisekedi kandi yatumijwe na Komisiyo ya AU na Africa CDC. Iyi nama iraganira ku ngamba zo gukora inkingo muri Afurika.”
Iyi nama y’iminsi ibiri yateguwe n’Ubuyobozi bw’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe; ku bufatanye n’Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe kugenzura no gukumira indwara muri Afurika (Africa CDC).
Abandi bakuru b’ibihugu bayitabira barimo FĂ©lix Antoine Tshisekedi wa RDC usanzwe ari n’Umuyobozi wa AU, Cyril Ramaphosa wa Afurika y’Epfo na Perezida Macky Sall wa Senegal.
Umuyobozi wa Komisiyo y’Umuryango w’Afurika Yunze Ubumwe, Moussa Faki Mahamat n’Umuyobozi Mukuru w’Ishami ry’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe ryita ku Iterambere (AUDA-NEPAD) Dr Ibrahim Assane Mayaki na bo bari mu batanga ibiganiro muri iriya nama.
Abandi ni Umuyobozi w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS), Dr Tedros Adenom Ghebreyesus, Dr Ngonzi Okonjo-Iweala ukuriye Umuryango Mpuzamahanga w’Ubucuruzi (WTO) n’Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye rishinzwe kurwanya SIDA (UNAIDS) Winnie Byanyima.
Hari kandi Umunyamabanga Nshingwabikorwa wa Komisiyo y’Ubukungu y’Afurika (ECA) Dr. Vera Songwe, umuherwe akaba n’ukuriye itsinda ryihariye rigamije gushaka ibisubizo bya COVID-19 muri Afurika Strive Masiyiwa ndetse na Prof. Senait Fisseha Umuyobozi ukuriye ibikorwa mpuzmahanga mu Muryango Susan Thompson Buffet Foundation.
Ikigo Africa CDC cyatangaje ko rimwe mu masomo y’ingenzi Afurika yigiye ku cyorezo cya COVID-19 ari uko ikeneye gushora imari ihagije mu rwego rw’ubuzima ndetse no kubaka ubushobozi bwayo bwo gushaka imiti n’inkingo wihariyeho.
Magingo uyu mugabane umaze guhabwa inkingo miliyoni 1.3 zo gukingira abaturage bawo icyorezo cya COVID-19 binyuze muri gahunda ya COVAX, gusa izi nkingo ziracyari nke cyane ugereranyije n’izikenewe.
Nko mu mpera za Werurwe byari byitezwe ko ku Isi hose hazaba hamaze gutangwa byibura miliyoni 100 z’inkingo binyuze muri iriya gahunda, gusa bivugwa ko kugeza ubu hamaze gutangwa inkingo miliyoni 38 zonyine.
Afurika by’umwihariko yakunze kunenga ubusumbane bugaragara mu itangwa n’ikwirakwizwa ry’inkingo bigatuma isigara inyuma mu gukingira, ari na yo mpamvu nyamukuru wafashe icyemezo cyo gushaka uko wakwikorera inkingo zayo.
Kurikira ibiganiro n’amavidewo binyura kuri Bwiza TV


