Umupolisi ufite uruhare mu iyicwa ry’umurwanashyaka wa Ecidé (Engagement pour la citoyenneté et le développement) kimwe n’umuyobozi w’umutwe wa polisi ushinzwe gutabara byihuse (Police d’intervention rapide) mu karere, batawe muri yombi kuri uyu wa Kabiri, itariki ya 10 Nzeri 2024.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri, umurambo w’umusore wavumbuwe hafi y’icyicaro gikuru cya Ecidé i Kinshasa. Martin Fayulu na bene n’abandi bayoboke bagaragaje ko ari umurwanashyaka warashwe akicwa. Bose bashinje umupolisi kandi batangaza ko batangiye iperereza.
Me Clément Muza, umukada wa Ecidé, ishyaka rya Martin Fayulu, yemeje ko aba bantu bombi batawe muri yombi kandi bakizeza, kandi ko ingamba ziri gufatwa, ku rwego rw’ishyaka, kugira ngo abakoze ubu bwicanyi basubize ibyo bakoze imbere y’inkiko nk’uko iyi nkuru dukesha mediacongo.net ivuga.
Uyu muyobozi mukuru yagize ati: “Bagomba kwisanga ku rwego rwa serivisi zidasanzwe”, bigaragara ko yababajwe cyane n’imyitwarire y’abashinzwe kubahiriza amategeko, bakora nta bunyamwuga kandi batitaye ku buzima bwa muntu.
Ibi byabaye mu ijoro ryo ku wa Mbere rishyira ku wa Kabiri, ku cyicaro cy’iri shyaka, kuri Boulevard Triomphal. Amakuru atangwa n’umunyamabanga mukuru wa Ecidé, Devos Kitoko, avuga ko Bwana Giresse wahohotewe yarashwe akicwa. Yajyanywe muri morgue, mu gihe hagitegerejwe ko hakorwa iperereza.


