Umuraperi Jermaine Cole uzwi mu muziki wa Amerika nka J. Cole, yaraye atsinze amanota atatu mu mukino w’irushanwa rya BAL ari gukiniramo ikipe ya Patriots BBC ya hano mu Rwanda, afasha iyi kipe gutsinda Rivers Hoopers amanota 80-63.
Batriots BBC na Rivers Hoopers yo muri Nigeria ni bo bafunguye ririya rushanwa, mu mukino wabereye muri Kigali Arena.
Ni umukino warebwe n’abafana babarirwa muri 2,000 mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyorezo cya COVID-19.
Irushanwa rya BAL riri kubera hano mu Rwanda, ryateguwe na FIBA Afrique ku bufatanye na Shampiyona ya Basketball muri Amerika, NBA. Ni irushanwa ryitabiriwe n’amakipe 12 ya hano muri Afurika.
Irushanwa rya BAL mbere y’uko ritangira ryari ryarashyuhijwe cyane mu bitangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga, nyuma yo kumenyekana ko umuraperi J. Cole ari mu bazarikina.
Uyu muraperi yinjiye mu kibuga ku ruhande rwa Patriots BCC mu gace ka mbere, atsinda amanota abiri mbere y’uko aka gace karangira ku manota 17 ya Patriots kuri 18 ya Rivers Hoopers.
J. Cole yarangije umukino atsinze amanota atatu, asama imipira itatu iva ku nkangara (Rebounds) ndetse anatanga indi ibiri yavuyemo amanota kuri bagenzi be (assists).
Umunyamerika Brandon Costner wa Patriots BBC ni we mukinnyi watsinze amanota menshi (20), akora rebounds ebyiri ndetse anatanga assists ebyiri.
Abandi bitwaye neza ku ruhande rwa Patriots ni Ndizeye Ndayisaba Dieudonné watsinze amanota 13 na Prince Ibeh watsinze 11.
Ku ruhande rwa Rivers Taren Valdis Sullivan yasoje umukino atsinze amanota 15 mu gihe mugenzi we witwa Benjamin Chukwukelo gatsinze 12, akora rebounds eshatu ndetse na assists eshanu yatanze.


