John Pombe Magufuli ni Perezida wa gatanu wa Repubulika ya Tanzania. Yagiye ku butegetsi ku wa 5 Ugushyingo 2015. Yavukiye mu karere ka Chato ku wa 29 Ukwakira 1959. Ubu yujuje imyaka 60 y’amavuko.
Amashuri abanza yayigiye ku ishuri ribanza rya Chato kuva mu 1967 kugeza mu 1974. Mu 1975 kugeza mu 1977 yize amashuri yisumbuye muri Seminari ya Katoke gusa 1977 utararangira yahinduriye ku ishuri ryisumbuye rya Lake, ahiga kugeza mu 1978. Ikiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye yakigiye ku ishuri rya Mkwawa kuva mu 1979 kugeza mu 1981 maze akomereza muri Kaminuza y’Uburezi ya Mkwawa, ahakura impamyabumenyi y’ikiciro cya mbere (A1) muri siyansi.
Impamyabumenyi y’ikiciro cya kabiri cya kaminuza (A0) yayikuye muri Kaminuza ya Dar es Salaam na none mu ishami ry’uburezi muri siyansi (Imibare n’Ubutabire). Yakomereje muri iyi kaminuza mu butabire ahakura impamyabumenyi z’ikiciro cya gatatu (Masters) mu 1994 n’icya kane (Doctorat) mu 2009, kuva ubwo yitwa Dr. John Pombe Magufuli.
Uko yinjiye muri politiki
Dr. Magufuli yatangiye kwinjira muri politiki nyuma gato ubwo yari amaze kuba umwarimu mu ishuri ryisumbuye rya Serengema mu 1982 kugeza mu 1983. Yaretse akazi ko kwigisha ajya gukora mu ruganda rw’ishyirahamwe rya Nyanza Cooperative Union Ltd, nk’ushinzwe ibijyanye n’ubutabire. Kugeza ubu ari mu ishyaka rya politiki rya Chama Cha Mapinduzi (CCM).
Yavuye muri uru ruganda, atorerwa kuba umudepite ahagarariye akarere ka Chato yavukiyemo mu 1995.
Imirimo yakoze muri politiki
- Yabaye umudepite ahagarariye Chato mu 1995.
- Yungirije Minisitiri w’Imirimo kuva mu 1995 kugeza mu 2000.
- Yabaye Minisitiri w’Imirimo kuva mu 2000 kugeza mu 2006
- Yabaye Minisitiri w’Ubutaka n’Imiturire kuva mu 2006 kugeza mu 2008.
- Yabaye Minisitiri w’Ubworozi n’Amafi kuva mu 2008 kugeza mu 2010.
- Kuva mu 2010 kugeza mu 2015, yongeye kuba Minisitiri w’Imirimo.
- Kuva mu 2015 kugeza ubu ni Perezida wa Tanzania.
Ibyo yakoze kuva yagera ku buyobozi
-Uruzinduko rwa mbere yakoze nka Perezida yarugiriye mu Rwanda muri Mata 2016, ubwo yahuraga na Perezida Kagame maze bafungura umupaka wa Rusumo uhuza ibihugu byombi.
-Ku nyungu za rubanda rugufi, Magufuli yagabanyije umushahara we w’ukwezi, uva ku madolari y’Amerika 15000 agera ku 4000.
-Yaciye ingendo zitari ngombwa z’abayobozi, ategeka ko bakoresha imodoka zihendutse.
-Magufuli yasubitse umunsi w’Ubwigenge bwa Tanzania mu 2015 kugira ngo hakomeze ubukangurambaga bwo kurwanya indwara ya Cholera. Yavuze ko byaba biteye isoni igihugu cye gikoresheje amafaranga menshi cyizihiza imyaka 54 y’ubwigenge, hari abantu bari kwicwa na Cholera.
-Magufuli yagabanyije abaminisitiri bava kuri 30 bagera kuri 19, byose mu buryo bwo kugabanya ingano y’amafaranga batakazwaho. Yabikoze nyuma y’iminsi mike agiye ku butegetsi.


