Jacob Gedleyihlekisa Zuma wahoze ari Perezida w’Afurika y’epfo yishyikirije polisi ngo atangire igifungo yakatiwe kubera gusuzugura urukiko. Ku wa gatatu nijoro ni bwo yerekeje kuri gereza iri hafi y’urugo rwe mu ntara ya KwaZulu-Natal, nkuko ikigo yashinze cyabitangaje. Polisi yari yaburiye ko yiteguye guta muri yombi, Zuma, w’imyaka 79, mu gihe yari kuba atayishyikirije bitarenze kuri uwo wa gatatu. Mu cyumweru gishize, Zuma yakatiwe gufungwa amezi 15 nyuma yuko yanze kwitabira iperereza kuri ruswa. Icyo gifungo nticyari cyarigeze gitangwa ku wahoze ari Perezida w’Afurika y’epfo, akaba yari yahawe igihe ntarengwa cya saa sita z’ijoro ku wa gatatu ngo abe yamaze kwishyikiriza polisi. Icyo gihe ntarengwa cyashyizweho nyuma yuko Bwana Zuma yanze kwishyikiriza polisi ku cyumweru. Mu itangazo rigufi, ikigo yashinze cyagize kiti: “Perezida Zuma yafashe icyemezo cyo kubahiriza itegeko ryo gufungwa”.


