Jay-z yibitseho agatubutse kurusha abandi baraperi atarigeze arangiza amashuri

Sangiza iyi nkuru

Shawn Corey Carter wamenyekanye cyane ku izina rya Jay-z, yavutse ku itariki ya 4 Ukuboza 1969, avukira i Brooklyn mu Mujyi wa New York, muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Jay-z yakuriye mu buzima bugoye abana na nyina, Gloria carter ndetse n’abavandimwe be, nyuma yo gusigwa na se, Adnis Rreeves ubwo Jay-z yari afite imyaka 11.

Jay-z yaje gutangira amashuri abanza muri “Eli Whitney Highschool” muri aka gace yavukagamo ka Brooklyn, ku bw’ibyago iri shuri riza gufungwa yerekeza mu ishuri ryo muri George aza no kuhahurira n’abaraperi bakomeye nka Notorious B.I.G ndetse na Busta Rhymes.

Jay-z ntiyigeze arangiza amashuri ye, kuko yatangiye kwijandika mu gucuruza ibiyobyabwenge nka cocaine akiri umunyeshuri, ibi biza no kumuviramo kuraswa inshuro eshatu zose, ariko ntiyapfa.

Nyina, Gloria carter, yatangarije ikinyamakuru Tmz ko umuhungu we yakundaga kubyuka mu gicuku akajya mu gikoni maze agahondagura asa nk’ukoma ingoma ari nako aririmba [freestyle], gusa nyuma ku isabukuru ye y’amavuko nyina yaje kumugurira ingoma izajya imufasha igihe ashaka kuryoherwa n’ibihangano bye, ibi byanatumaga abaturanyi bamukunda, baje no kumuhimba akazina ka ’Jazzy’.

Jay-z yakomezaga kuzamura impano ye ariko akibanda mu gusubiramo indirimbo zaririmbwe n’abandi, maze ku giti cye aza kuririmba indirimbo yamufashije kuzamuka ayita ‘’In my lifetime’’.

Umuhanzi Royce da 5’9’ ndetse na Fedro star, bavuze ko Jay-z ari umwami wa Rap, kubera ko afite ubushobozi bwo kuririmba yihuta cyane cyangwa se akarimba buhoro bitewe n’uburyo abishaka.

Mu mwaka wa 2003, Jay-z yinjiye mu ruganda rwa Reebok ndetse aba n’umwe mu barufatiye runini, nyuma yaho we na Demon Dash bahise bashinga uruganda barwita ‘’ROCAWEAR’’ rucuruza imyambaro y’ingeri zose.

Mu mwaka wa 2002,  Jay-z yagiranye umubano ukomeye n’umuhanzikazi Beyonce, mu mwaka wa 2009 bakora ubukwe, ndetse binatuma batorwa nka Couple ikunzwe cyane ku isi, aha hari mu 2012.

Mu mwaka wa 2011 mu birori bya MTV Beyonce yatangaje ko atwite imfura ye na Jay-z, ku itariki 7/1/2012 abyara umwana w’umukobwa bamwita ‘’Blue Ivy Carter’’.

Ku itariki ya 18/6/2017 se wa Beyonce witwa Mathew Knowles, yatangaje ko Beyonce yibarutse impanga arizo Rumi w’umukobwa ndetse na SIR w’umuhungu.

Jay-z ni umwe mu nkingi za mwamba mu njyana ya Hip-Hop, ndetse afatwa nk’umwe mu baraperi b’ibihe byose muri iyo njyana ariko kandi ni n’umwe mu bafite agatubutse ku isi.

Jay2
Jay-z n’umugore we, Beyonce

 

Mbarushimana Africa/Bwiza.Com

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *