Jean Pierre Bemba yakiriwe n’imbaga y’abaturage ubwo yageraga muri Congo

Sangiza iyi nkuru

Umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta ya Kabila, Jean Pierre Bemba ubwo yasesekaraga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yakiriwe n’imbaga y’abaturage nyuma y’imyaka 10 yari amaze ari muri gereza ku mugabae w’u Burayi.

Bemba yahanaguweho ibyaha n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha TPIR yashinjwaga by’intambara, ubu akaba yaravuze ku mugaragaro ko ashaka kwiyamamaza mu matora y’umukuru w’igihugu muri Congo.

Mu mwaka wa 2006, uyu mugabo yatsinzwe amatora ubwo yari ahanganye na Perezida Kabila, kuri manda ye ya kabiri yasoje mu 2016, ubu igitegerejwe ni ukumenya niba Bemba wari umaze imyaka 10 afunzwe azemererwa kongera kwiyamamaza.

Nk’uko BBC ibitangaza, ngo ugutahuka kwa Bemba kuzanye iyindi sura ya politiki muri Congo, ishyaka riri ku butegetsi rikaba ryaramaze kuvuga ko Bemba atujuje ibisabwa ngo abe yakwemererwa kwiyamamaza kubera ko yashinjwe ibyaha n’urukiko mpuzamahanga by’intambara.

Mu gihe hasigaye iminsi irindwi ngo amashyaka abe yarangije gutanga amazina y’abazayahagararira mu matora, ishyaka Bemba abarizwamo, ni we ryatenzeho umukandida n’ubwo abayoboke ba Kabila bavuga ko adakwiye kwiyamamaza. Ku ruhande rwa Perezida Kabila ntacyo yari yamuvugaho.

Jean Pierre Bemba wahoze ari Visi Perezida, yari amaze imyaka 12 hanze y’igihugu, 10 akaba yarayimaze afungiye mu Buholandi ashinjwa ibyaha byo kubangamira uburenganzira bw’ikiremwamuntu yakoreye muri Centrafrika, ariko urukiko rukaba ruherutse kumuhanaguraho ibyo byaha, aranafungurwa.

be2

be3

Soma Izindi Nkuru

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *