Joe Biden yatangaje ko USA izatabara Taiwan, mu gihe yazaterwa n’u Bushinwa

Sangiza iyi nkuru

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika (USA), Joe Biden, yatangaje ko igihugu cye kizatabara Taiwan mu gihe yazaterwa n’ingabo z’u Bushinwa.

Uyu Mukuru w’Igihugu yabitangarije mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru mu gihe ari mu ruzinduko mu Buyapani, kuri uyu wa 23 Gicurasi 2022.

Nk’uko Fox News ibivuga, umunyamakuru yabajije Biden ati: “Mu buryo bwihutirwa ntabwo bwinjiye mu buryo bwa gisirikare mu ntambara iri kubera muri Ukraine ku bw’impamvu. Murateganya kurwanirira Taiwan mu buryo bwa gisirikare mu gihe byaba bigeze kuri uru rwego?”

Perezida Biden yasubije mu ijambo rimwe ati: “Yego” maze umunyamakuru amusubirishamo niba USA iteganya kohereza ingabo zirwanirira Taiwan, asubiza ati: “Ni byo twiyemeje.”

Taiwan ni igihugu ubuyobozi bwacyo bwemeza ko cyigenga kitagomba kugendera ku mategeko y’u Bushinwa, ariko u Bushinwa bwo bwemeza ko ari igice kibugize.

Soma Izindi Nkuru

2 Responses

  1. Joe Biden yatangaje ko USA izatabara Taiwan, mu gihe yazaterwa n’u Bushinwa
    Nta kabuza China izatera Taiwan.Amerika,Japan na Australia,biyemeje gutabara Taiwan.Abasesenguzi benshi bavuga ko bizateza intambara ya 3 y’isi,bakarwanisha atomic bombs isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza.Niyo Armageddon mujya mwumva.

  2. Joe Biden yatangaje ko USA izatabara Taiwan, mu gihe yazaterwa n’u Bushinwa
    Nta kabuza China izatera Taiwan.Amerika,Japan na Australia,biyemeje gutabara Taiwan.Abasesenguzi benshi bavuga ko bizateza intambara ya 3 y’isi,bakarwanisha atomic bombs isi yose igashira.Gusa nkuko ijambo ryayo rivuga,imana ntabwo yakwemera ko abantu batwika isi yiremeye.Ahubwo izabatanga itwike intwaro zose zo ku isi,hamwe n’abantu bose bakora ibyo itubuza.Niyo Armageddon mujya mwumva.

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *